BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Ibitaro by’ababyeyi biruzura mu mpera za Mutarama

Muhanga: Ibitaro by’ababyeyi biruzura mu mpera za Mutarama

admin
Last updated: January 3, 2023 4:24 pm
admin
Share
SHARE
Ibitaro by’iKabgayi ababyeyi basuzumiramo bakanahabyarira biruzura mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2023.

Ibitaro by’ababyeyi biruzura mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2023

Mu Kiganiro UMJSEKE wagiranye n’Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Kabgayi Dr Muvunyi Jean Baptiste avuga ko imirimo yo kubaka ibi Bitaro izasozwa mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama.

Dr Muvunyi yavuze ko bimwe mu bikoresho bizajya muri iyi nyubako byamaze kuhagera akizera ko ibisigaye bizahagera icyo gihe.

Yavuze ko ibi Bitaro nibyuzura bizakira ababyeyi n’abarwayi benshi kuko bizaba birimo serivisi z’ababyeyi zitandukanye.

Dr Muvunyi yavuze ko muri iyi nyubako nshya kandi hazaba harimo ibyumba ababyeyi babyariramo bagasuzuma n’izindi ndwara bafite, serivisi zita ku mpinja, indembe z’abakuze ndetse n’amaseta 4 kuko bari basanganywe 2 mu bitaro by’ababyeyi bishaje bakoreragamo.

Ati “Muri ibi Bitaro hazaba harimo uburuhukiro, n’icyuma cyo mu bwoko bwa Scanner  kubera ko basanganywe Radiologie ndetse na Echographie.”

Uyu Muyobozi yavuze ko harimo kandi n’icyuma gisuzuma amabere y’ababyeyi ndetse n’icyuma cyifashishwa mu guteka no gusukura ibikoresho byo kwa Muganga, ndetse bizaba biri ku rwego rw’Ibitaro bya Kaminuza na za mudasobwa nyinshi bazajya bigishirizaho.

Umuyobozi wungurije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Muhanga Mugabo Gilbert avuga ko ibi Bitaro nibyuzura bizafasha mu kugabanya ubucucike abarwayi bahuraga nabwo.

Mugabo avuga ko abarwayi baturukaga mu bigo Nderabuzima 12 byo muri aka Karere, 5 muri byo bizajya byohereza abarwayi babyo mu Bitaro bya Nyabikenke byatangiye gutanga serivisi.

Ati “Ububi bw’imihanda iva muri ibyo bice byatumaga imbangukiragutebuka zitinda kugeza ababyeyi iKabgayi bakabyarira mu nzira.”

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Kabgayi buvuga ko abarwayi benshi bagana ibi Bitaro baturuka mu Karere ka Muhanga,  Kamonyi na Ruhango.

Ibitaro by’ababyeyi iKabgayi bizaba bifite ibitanda 190, imirimo yo kubyubaka yatangiye mu mwaka wa 2021, bizuzura bitwaye miliyari zirenga 6 z’amafaranga y’uRwanda.

Inkunga yo kubyubaka yatanzwe n’Imbuto Foundation iyobowe n’Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Madame Jeannette Kagame.

Ibi Bitaro bizuzura bitwaye miliyari 6 zirenga z’amafaranga y’u Rwanda.
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Theogene GASANA says:
    January 4, 2023 at 8:28 pm

    IRI NI ITERAMBERE KABISA; Ndakeka ariyo nzu nziza y’ubatswe muri MUHANGA.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?