BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Akarere gahangayikishijwe n’imiryango 4600 ituye mu manegeka

Muhanga: Akarere gahangayikishijwe n’imiryango 4600 ituye mu manegeka

admin
Last updated: November 16, 2022 5:55 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko bufite ikibazo cyo kubona ingengo y’imali yo kubafasha kwimura imiryango 4600 ituye ahantu habi hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Minisitiri w’ubumwe n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascène yavuze ko agiye gukora ubuvugizi kugira ngo iyo Miryango ituye nabi yimurwe

Ibi babibwiye Minisitiri w’ubumwe n’inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène  akaba n’imboni y’aka Karere.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline yabanje kugaragariza Minisitiri Bizimana imishinga minini ikubiyemo amasezerano Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yemereye abaturage.

Kayitare avuga ko  mu bibazo bibahangayikishije harimo imiryango 4600 ituye mu manegeka, ikeneye gutuzwa ariko bakaba badafite ingengo y’imali yo kubishyira mu bikorwa.

Ati: “Kugeza ubu nta rwego ruraza ngo rudufashe kuba abo baturage twabakura mu manegeka, kandi ahantu  batuye ntabwo hagenewe imiturire.”

Mayor yavuze ko aho batuye  ari ahantu hatagezwa amazi, amashanyarazi, amashuri n’ibindi bikorwaremezo kubera ko ari ahantu habi.

Kayitare yavuze ko barangije gutunganya site z’imiturire bafatanyije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire (RHA).

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bweretse Minisitiri w’Ubumwe n’inshingano mboneragihugu imishinga minini Akarere katangiye gukora

Gusa uyu Muyobozi yavuze ko uko ubushobozi buzagenda buboneka  bazajya babwifashisha mu kwimura imwe muri iyi miryango ituye nabi.

Yavuze ko umuti urambye ari ukubimura kuko nta bushobozi babona bwo kwimuka batabifashijwemo n’Ubuyobozi bw’Akarere cyangwa izindi nzego za Leta.

Minisitiri w’ubumwe n’inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène avuga ko  gutuza aba baturage batuye nabi aribyo bigomba gushyirwa mu bikorwa kuko imiterere y’akarere ka Muhanga igice kinini kigizwe n’imisozi miremire.

Ati: “Inzego zigiye kubiganiraho kugira ngo aba baturage bimurwe bidatinze, ndetse n’ibisaba ingengo y’imali byihutishwe.”

Abenshi muri iyi miryango 4600 ituye mu manegeka ni abo mu Kagari ka Muvumba, mu Murenge wa Nyabinoni, n’abandi bo  mu Murenge wa Rongi.

Cyakora kugeza ubu Akarere ka Muhanga kamaze gutunganya site 200 z’imiturire abatuye mu manegeka bazatuzwamo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, kandi bwavuze ko abugarijwe n’isuri muri ibi bice ari abantu 63%.

Minisitiri w’ubumwe n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascène yasuye icyanya cy’inganda mu Karere ka Muhanga

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?