BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Abaturiye Irimbi rya Munyinya ntibatekanye

Muhanga: Abaturiye Irimbi rya Munyinya ntibatekanye

admin
Last updated: January 5, 2023 5:50 pm
admin
Share
SHARE
Bamwe mu baturage baturiye irimbi rya Munyinya riherereye mu Murenge wa Shyogwe, mu Karere ka Muhanga, bahangayikishijwe n’uko ryatangiye kwangirika, bityo bitera agahinda ku miryango ifite ababo bahashyinguye.
Imva zatangiye kwangirika n’izashyinguwemo mu mywaka ya 2019, 2017,2018.

Umwe yagize ati” Ni ikintu kiba kibabaje cyane. Inama twatanga ni uko ufite ubushobozi, yagenda akimura umuntu we, akamushyira ahandi.Aho amazi agenda amanukira, niho hagenda hatera ikibazo.”

Aba baturage bahamya ko bishobora gutera ubwoba n’agahinda ku muntu ufite uwe.

Umwe ati” Umuntu ahagera yarahashyinguye,yasanga imva yaraguyemo akarushaho kugira ihungabana rikomeye. Niyo mpamvu ziteye ubwoba, bashake uko bazitunganya rwose.”

Undi ati” Natwe tuhahagarara usanga biteye ikibazo, buri wese uhageze ugasanga afite ubwoba. Nonese usanze imva yararidutse ntabwo wagira ubwoba.”

Aba baturage barasaba inzego z’ibanze kubafasha, niba hakorwaga umuganda ariko zigatunganywa neza.

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyogwe,Niyonzima Gustave, yatangaje ko gutunganya izo mva biri mu nshingano za rwiyemezamirimo watsindiye kuhacunga.

Yagize ati” Hari rwiyemezamirimo waritsindiye, niwe ufite amakuru ahagije”.

Kugeza ubu imva zirenga 10 nizo zifite ikibazo, aho amazi amanuka mu muhanda ajyamo, zikarushaho kwangirika.

IVOMO: RADIO/TV1

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Irihose Peter says:
    January 7, 2023 at 4:57 pm

    ngo bawunjyanye kwa muganga ngukorerwa isuzumwa hhhhhh kd bamuzanze mumugozi amanitse ubwose ibyo twabyita iki njye mbifata nkubushinyanguzi wenda woe sinzi uko ubifata twaratewe ntitwabimenya banyarwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?