BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Abakozi ba Leta 78  basanzwemo uburwayi bw’amaso

Muhanga: Abakozi ba Leta 78  basanzwemo uburwayi bw’amaso

admin
Last updated: October 15, 2022 1:50 pm
admin
Share
SHARE
Ibitaro by’amaso bya Kabgayi byasuzumye abakozi 120  abagera kuri 78 basanga bafite uburwayi bukeneye ubuvuzi bwihuse.
Bamwe mu bakozi bavuga ko batari bazi uko bahagaze ku bijyanye n’uburwayi bw’amaso.

Igikorwa cyo kwegereza abakozi ba Leta serivisi z’ amaso cyahuriranye n’Umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ubuhumyi(World sith Day).

Umuyobozi w’Ibitaro by’amaso bya Kabgayi, Dr Tuyisabe Thèophile avuga ko bateguye iki gikorwa kubera ko abakozi ba Leta batakunze kubona umwanya uhagije wo kujya kwisuzumisha.

Dr Tuyisabe akavuga ko bari bihaye intego yo gusuzuma ku buntu abakozi ba Leta 150  basoza igikorwa babashije gupima 140.

Ati “Ubwo rero uwo twabonye wese afite ikibazo barimo baraza hano tukabavura kandi tuzakomeza no kubavura ndetse no kugira ngo babe aba Ambasaderi b’ubuvuzi bw’amaso, bazadufasha gutanga amakuru mu bantu bahura buri munsi.”

Yakomeje agira ati “Aba ni abayobozi, tekereza umuyobozi abyutse mu gatondo akaba yahumye wibaze uko yayobora abandi we atabasha gukurikiza gahunda za Leta cyangwa na gahunda z’ubuvuzi nk’uko tubibasaba.”

Umukozi ushinzwe uburinganire n’Iterambere  ry’Umuryango mu Karere ka Muhanga, Uwamahoro Béatha avuga ko yari azi  nta burwayi amaso ye afite, ariko ko abaganga bamusuzumye basanga afite ikibazo cy’uburwayi, bamusaba guhita yivuza mu maguru mashya.

Ati “Akazi dukora ntigakunze kutwemerera kujya kwisuzuma cyane ko twumva ko amaso yacu ari mazima ayanjye bambwiye ko afite uburwayi.”

Uyu Muyobozi avuga ko ubushize serivisi z’amaso bazegeje abatwara ibinyabiziga bakorera mu Mujyi wa Muhanga kandi bikaba byaratanze umusaruro mwiza.

Umukozi ushinzwe Isuku n’Isukura wari uhagarariye Umuyobozi w’ishami ry’Ubuzima uri mu kiruhuko cy’ukwezi Kayonga Donath yabwiye UMUSEKE ko mu bakozi 127 bisuzumishije agendeye ku mibare afite  yo kuwa 5 abagera kuri 78 bafite uburwayi bw’amaso batabizi.

Kayonga avuga ko babura umwanya wo gutonda kwa muganga, akavuga ko kwegerezwa izo serivisi ari amahirwe ku bakozi ba Leta kuko zabasanze mu kazi.

Yagize ati “Abakozi bacu barabyishimiye cyane, abenshi bamenye uko bahagaze.”

Kayonga yifuza ko ubutaha bazasaba Ibitaro bya Kabgayi ko bibegereza serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zitandura zirimo umuvuduko w’amaraso, Kanseri, Diabeti n’indwara z’umutima.

Abakozi ba Leta begerejwe serivisi z’ubuvuzi bw’amaso ni abo Akarere ka Muhanga, abakora mu Rukiko Rwisumbuye, abo mu Rukiko rw’Ibanze, abo muri Sosiyete ishinzwe ingufu(REG) abo mu Kigo gishinzwe Isuku n’Isukura(WASAC) muri RSSB, abo mu Kigo gishinzwe  Imisoro n’amahoro n’abakozi b’Ikigo gishinzwe gutanga  Imiti.

Dr Tuyisabe Théophile Umuyobozi w’Ibitaro by’amaso iKabgayi
Umukozi ushinzwe Isuku n’Isukura mu Karere ka Muhanga Kayonga Donath avuga ko umubare w’abakozi 78 w’abafite uburwayi ari munini

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE .RW i Muhanga

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • Kamana says:
    October 15, 2022 at 3:03 pm

    Ibikorwa byo kwegereza serivisi z’ubuvuzi abaturage ni byiza n’ibindi bitaro byafata uru rugero.

    Reply
  • Kamana says:
    October 15, 2022 at 3:03 pm

    Ibikorwa byo kwegereza serivisi z’ubuvuzi abaturage ni byiza n’ibindi bitaro byafata uru rugero.

    Reply
  • John says:
    October 16, 2022 at 1:44 pm

    Kwisuzumisha indwara zitandura ni ngombwa dore ko umuvuduko wazo urimo no kwiyongera.
    Ahubwo buri kigo gikoresha abakozi benshi cyakagombye kugira gahunda yo gusuzumisha abakozi bacyo indwara zitandura bakamenya uko bahagaze

    Reply
  • John says:
    October 16, 2022 at 1:44 pm

    Kwisuzumisha indwara zitandura ni ngombwa dore ko umuvuduko wazo urimo no kwiyongera.
    Ahubwo buri kigo gikoresha abakozi benshi cyakagombye kugira gahunda yo gusuzumisha abakozi bacyo indwara zitandura bakamenya uko bahagaze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?