BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Mugisha Samuel yaburiwe irengero ageze muri Amerika

Mugisha Samuel yaburiwe irengero ageze muri Amerika

admin
Last updated: September 5, 2022 12:01 pm
admin
Share
SHARE

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda 2018, akaba n’umwe mu nkingi za mwamba mu ikipe y’igihugu isiganwa ku magare yaburiwe irengero ageze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mugisha Samuel akigera muri Amerika yahise abura

PROTOUCH Pro Racing, ikipe ya Samuel Mugisha mu gihugu cya Africa y’Epfo yatangaje ko uyu mukinnyi yari kwitabira irushanwa batumiwemo muri America ariko bagenzi baramubura.

Yanditse iti “Ikipe iremeza ko Samuel Mugisha yageze muri America tariki 31 z’ukwezi kwa munani, (2022) nk’uko byari biteganyijwe ku rugendo rw’indege.

Ntabwo yigeze agera kuri hotel yateganyijwe, ahubwo we yarirwarije ashaka abaza kumufata ku kibuga cy’indege.”

Ikipe ya PROTOUCH Pro Racing ivuga ko Samuel Mugisha atageze aho ikipe icumbitse cyangwa ngo yitabire irushanwa irimo muri Leta ya Maryland mu mujyi wa Baltimore.

Ubuyobozi bw’ikipe bwanditse kuri Twittwe ngo “Yari kwitabira isiganwa ejo hashize. ProTouch n’abateguye isiganwa bamenyesheje ubuyobozi ko hari umuntu wabuze.”

UPDATE ON @samuelmugisha97 – @Protouch_Team confirms that Samuel Mugisha arrived in the United States on Wednesday 31 August as per booked flight plan. He did not make his way to arranged transfer to hotel but instead made arrangements to be collected at the airport.

— PROTOUCH AFRICA – Cycling Collective 🌍 (@Protouch_Team) September 5, 2022

Hari amakuru avuga ko Mugisha yatwaye ibikoresho by’ikipe ye bifite agaciro ka Miliyoni 20 Frw.

Mugisha Samuel yazamukiye muri Benediction Club y’i Rubavu muri 2016, ayivamo yerekeza muri Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo mu 2017, aho yayikiniye imyaka itatu kugeza mu 2019.

Uyu musore uvuka ku Mukamira muri Nyabihu, ni we Munyarwanda uheruka kwegukana Tour du Rwanda ubwo yakinwaga bwa nyuma iri kuri 2,2 mu 2018.

Ku wa 21 Ukwakira 2021 Mugisha Samuel n’undi musore bari kumwe batawe muri yombi na RIB afungirwa kuri Sitasiyo ya Gisozi.

RIB icyo gihe yavuze ko bakurikiranyweho gukubita umumotari witwa Sangwa Olivier aho byabereye mu Mudugudu wa Kagara, Akagali ka Musezero, Umurenge wa Gisozi bishingiye ku makimbirane y’amafaranga y’urugendo batabashije kumvikana.

Bivugwa ko Mugisha Samuel yafunguwe mu minsi ibiri nubwo icyaha yari akurikiranweho cyari gikomeye.

MUGISHA Samuel yaba yiyongereye ku bakinnyi 3 bahagaritse uyu mukino kare, bagahitamo kwibera muri USA barimo Hadi Janvier, Bonaventure Uwizeye, Valens Ndayisenga.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • qween says:
    September 5, 2022 at 2:39 pm

    ama niggaa azapfa ari ama nigga ubu se ko USA arumva yageze kuri plafond? kuburyo ananirwa gukora ibyamujyanye agahitamo guhemukira team ye ayitoroka.
    shame on you wherever you are.

    Reply
  • qween says:
    September 5, 2022 at 2:39 pm

    ama niggaa azapfa ari ama nigga ubu se ko USA arumva yageze kuri plafond? kuburyo ananirwa gukora ibyamujyanye agahitamo guhemukira team ye ayitoroka.
    shame on you wherever you are.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?