BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Mu Rwanda hagiye kujya hapimwa ADN z’ibimera n’inyamaswa

Mu Rwanda hagiye kujya hapimwa ADN z’ibimera n’inyamaswa

admin
Last updated: October 29, 2025 3:28 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi w’amashami y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera (RFI), SP Ashimirwe Japhet, yatangaje ko gifite gahunda yo gutangira gupima uturemangingo ndangasano tw’ibimera n’inyamaswa mu rwego rwo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima.

Ubusanzwe RFI isanzwe ipima uturemangingo ndangasano (ADN) tw’abantu hagamijwe ahanini gutanga ubutabera bushingiye ku bimenyetso.

Mu bikorwa byo kumenyekanisha serivisi za RFI byabereye mu Karere ka Bugesera tariki ya 28 Ukwakira 2025, SP Ashimirwe yagize ati: “Mu gihe cya vuba dutekereza kuzapima DNA itari iy’umuntu hagamijwe nko kugira ububiko bw’ibimera dufite bishobora kwangizwa kugira ngo tubibungabunge.”

Yakomeje ati: “Tuzakora kandi n’ububiko bw’ibimera dufite harimo ibivura n’ibishobora kugira ingaruka ku muntu bikaba byamwica nka Rwiziringa. Dushaka kubigira mu bubiko bwacu kugira ngo mu gihe byakoreshejwe mu byaha nko gukuramo inda cyangwa nk’ibiyobyabwenge, tubashe kubimenya, dukore isuzuma kugira ngo hatangwe ubutabera dukurikije ibyabaye.”

Yavuze ko uretse ibyo bimera, bateganya no kuzatangira kubika ADN z’inyamaswa zirimo amatungo n’ziba ku gasozi mu rwego rwo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima no kubirinda kwangirika.

Ati: “Dushaka kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima nko mu mapariki cyangwa ahandi dufite inyamaswa zikumiriye zitemerewe gusagarirwa. Hari nk’ingagi mu Birunga, no muri Pariki y’Akagera hari inyamaswa zitandukanye ujya usanga zisagarirwa na ba rushimusi bashaka kuzigurisha, ari inyama cyangwa kuzishimuta bakazigurisha ahandi.”

“Iryo shami ryajya rifasha mu gihe ukekwa dusanze hari nk’ikizinga cy’amaraso afite ku ishati akaba ashobora kwisobanura avuga ko asanzwe abaga ihene aho atuye wenda atari byo. Gupima utwo turemangingo ndangasano bizajya bidufasha mu kumenya mu by’ukuri amaraso ari ku mwenda we inyamaswa yaturutseho, bitange umusanzu mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.”

SP Ashimirwe yasobanuye ko RFI iteganya kujya ipima abakora siporo mu buryo bw’umwuga kugira ngo hamenyekane niba ingufu batazikomora mu bitera ngufu bafata, aho kuba imbaraga karemano.

Yavuze ko ubu ubushobozi bwo kubikora buhari, ko ahubwo batangiye gusaba uburenganzira mu nzego bireba kandi ko mu gihe bizaba bikunze, bizaba ari igisubizo muri Afurika yose kuko nta handi biri kandi bikenerwa.

RFI yatangiye mu 2018 icyitwa labotarwari y’igihugu. Itanga serivisi umunani zirimo gupima ADN z’abantu,ingano ya ‘alcohol’ mu maraso, gupima ibinyabutabire n’inyandiko zigibwaho impaka.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique asuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mocímboa da Praia

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye abandi banyarwanda baturutse muri DRC barenga 300

1 Min Read
Mu Rwanda

Umurambo w’umusore w’i Rusizi wari waraheze mu Burundi wagejejwe mu Rwanda

2 Min Read
Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yakiriye Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Aurélie Royet-Gounin

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?