BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Mu Rwanda abantu 30 barwaye ibibembe, 9 byabasigiye ubumuga

Mu Rwanda abantu 30 barwaye ibibembe, 9 byabasigiye ubumuga

admin
Last updated: November 27, 2022 5:11 pm
admin
Share
SHARE
Umukozi w’ishami rishinzwe kurwanya indwara y’igituntu n’ibibembe muri RBC, Nshimiyimana Kizito avuga ko abantu 30 mu Gihugu barwaye ibibembe, abagera ku 9 muri bo byabasigiye ubumuga bukabije.
 Nshimiyimana Kizito avuga ko abantu 30 aribo barwaye ibibembe abagera ku 9 ikaba yarabasigiye ubumuga.
Nshimiyimana Kizito umukozi wa RBC avuga ko indwara y’ibibembe ari indwara yandura ifata uruhu igaterwa n’agakoko gatoya bita ‘Bacille de Hansen’.

Uyu mukozi wa RBC akavuga ko iyo uyirwaye atayivuje hakiri kare imusigira ubumuga bukomeye burimo gucika zimwe mu ngingo z’umubiri ndetse ikamutera n’ubuhumyi.

Nshimiyimana avuga ko nubwo u Rwanda rwashyize imbaraga mu kugabanya umubare w’abayandura, ariko hakiri bamwe bayandura, kuko mu Rwanda kuri ubu hari abaturage 30 yibasiye muri  bo abagera ku 9 ikaba yarabasigiye ubumuga.

Yagize ati “Indwara y’ibibembe, ni indwara y’uruhu yandura, si amarozi, nkuko bamwe babivuga cyangwa se indwara karande zo mu Muryango.”

Yavuze ko ibimenyetso biyiranga  ari ibara rimwe cyangwa menshi  yeruruka, cyangwa ajya gutukura ku mubiri, kandi ataryaryata ubonye kimwe cyangwa byinshi muri ibi bimenyetso agomba guhita ajya kwisuzumisha hakiri kare kugira ngo bitamuviramo ibindi bibazo birimo no kuba ashobora kumugara.

Nshimiyimana avuga ko iyo  umurwayi w’indwara y’ibibembe avuwe hakiri kare akira.

Uyu mukozi wa RBC avuga ko abarwayi benshi b’indwara y’ibibembe baboneka mu Karere ka Bugesera,  Gisagara,  Nyaruguru na Rusizi.

Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima(OMS) ibihugu bifite ubushake bwo kurandura iyi ndwara y’ibibembe biba bifite umuntu 1 ufite iyi ndwara y’ibibembe mu bantu ibihumbi 10 ku mwaka nibura.

Nshimiyimana akavuga ko u Rwanda kuri ubu rufite abantu bari munsi ya 1 y’abayirwaye, mu gihe abafite ubumuga batewe n’indwara y’ibibembe bari ku ijanisha riri munsi  ya 10%.

Yasabye inzego zifite Ubuzima mu nshingano,  gukomeza gushishikariza abaturage kwisuzumisha buri gihe kugira ngo bamenye uko bahagaze ,badategereje ko  iyi ndwara ibanza kubazahaza.

Uyu mukozi avuga ko muri urugendo rwo kuvura abarwayi b’indwara y’ibibembe babifashijwemo n’abajyanama b’Ubuzima.

Bamwe mu bakozi bafite Ubuzima mu nshingano bavuga ko akazi bakora bagafashwamo n’abajyanama b’Ubuzima

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?