BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Mu marira menshi, Piqué yahagaritse gukina umupira w’amaguru

Mu marira menshi, Piqué yahagaritse gukina umupira w’amaguru

admin
Last updated: November 6, 2022 8:55 am
admin
Share
SHARE

Myugariro wo hagati w’ikipe y’Igihugu ya Éspagne, Gérard Piqué, yakinnye umukino we wa nyuma mu mupira w’amaguru ndetse asezerwaho mu marira menshi y’urwibutso afite kuri FC Barcelona.

Gérard Piqué yakinnye umukino we wa nyuma mu mupira w’amaguru

Uyu myugariro w’imyaka 35 yasezereye ku mukino wa shampiyona ikipe ye yatsindiye Camp Nou Alméria ibitego 2-0. Uyu mukino wabaye ku wa Gatandatu tariki 5 Ugushyingo.

Gérard Piqué wabanje mu bakinnyi 11, yari yambaye igitambaro cya ba kapiteni, nyamara Sergio Bousquet ni we usanzwe ari kapiteni w’iyi kipe.

Uyu myugariro wakinaga umukino we wa 616 mu ikipe itari y’Igihugu (Club), yazamukiye mu kipe y’abato ya FC Barcelona (La masia).

Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 82, Piqué yavuyemo asimbuwe ariko abanza guhobera abakinnyi bose ari nako asuka amarira kubera kwibuka byinshi yakoreye kuri iyi Stade.

Ubwo yavaga mu kibuga, yasimbuwe na Andreas Christensen.

Mbere y’uwo mukino Piqué yakorewe udushya n’abakinnyi ndetse n’abafana ba Barcelona turimo gukomerwa amashyi banaririmba izina rye byageze naho abakinnyi bagenzi be bose bambara imipira yanditseho umubare wa gatatu mu mugongo ariyo nimero yambaraga ku myenda ye. Byari mu rwego rwo kumuha icyubahiro nk’umunyabigwi.

Bimwe mu byo kumenya kuri uyu myugariro:

Amazina ye yose yitwa Gérard Piqué Bernabeu, yavukiye mu gihugu cya Éspagne amaze kugira imyaka 35. Afite abana babiri b’abahungu yabyaranye n’umuhanzikazi w’icyamamare, Shakira, bamaze gutandukana.

Ari kumwe na FC Barcelona, yegukanye ibikombe bigera kuri 30. Umubare w’abafana bari baje gusezera Piqué ungana n’ibihumbi 92,605 kuri Stade Camp Nou.

Yakuriye mu ishuri ry’igisha umupira w’amaguru ‘La Masia’ ry’ikipe ya FC Barcelona, ariko mu 2004 kugeza 2008 yakiniraga Manchester United yo Bwongereza. Kuva icyo gihe yagarutse mu rugo yakuriyemo, kugeza mu ijoro ryakeye ubwo yasezeraga kuri ruhago.

Uyu myugariro asanzwe anazwi nk’umushoramari mu bikorwa bitandukanye, ndetse kuba Super Coupe ya Éspagne ikinwa n’amakipe ane ni igitekerezo cye yahaye Ishyirahamwe rya ruhago muri iki gihugu.

N’ubwo yahagaritse gukina, Piqué yavuze ko asezeye muri FC Barcelona nk’umukinnyi ariko azayigarukamo n’ikindi gihe, nyuma yo gutangaza ko nta yindi kipe yakinira.

Ibyishimo byivanzemo amarira nibyo byaranze gusezera kwa Gérard Piqué
Piqué yakiniye umukino wa nyuma kuri Stade yagiriyeho ibihe byiza

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?