BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Mu isi abarenga 18,000 buri mwaka bicwa n’indwara z’umutima – RBC

Mu isi abarenga 18,000 buri mwaka bicwa n’indwara z’umutima – RBC

admin
Last updated: October 1, 2022 1:13 pm
admin
Share
SHARE

Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya indwara z’umutima, umunsi wabereye mu Karere ka Musanze ku rwego rw’igihugu, inzobere mu buvuzi b’indwara z’umutima mu Rwanda, Prof. Mucumbitsi Joseph yavuze ko buri mwaka abarenga 18,000 ku isi, bapfa bazize indwara z’umutima.

Ku munsi mpuzamahanga w’umutima abaturage babanje Kwisuzumisha indwara zirimo izo umuvuduko w’amaraso, Diabete, n’umutima

Prof. Mucumbitsi Joseph Muganga w’indwara z’umutima mu Rwanda, avuga ko mu barenga ibihumbi 18 ku isi bapfa bazize indwara z’umutima, 75% ari abo mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

Avuga ko abafite indwara y’umuvuduko w’amaraso ari bo benshi bakunze kuba bafite n’indwara z’umutima.

Yagize ati: “Ubushakashatsi bwabaye mu mwaka wa 2012-2013 mu Rwanda bwagaragaje ko abantu bagera kuri 16% bari hagati y’imyaka 15-35 bari bafite indwara z’umutima.”

Iyi nzobere ku ndwara z’umutima avuga ko iyi mibare ishobora kuba yariyongereye, kubera ko abantu basigaye bipimisha.

Cyakora akavuga ko hari abafite indwara y’umuvuduko w’amaraso batabizi ikamenyekana ari uko imitsi yo mu bwonko yacitse.

Yavuze ko kudakora imyitozo ngororamubiri, kunywa inzoga nyinshi, n’itabi bikurura indwara y’umuvuduko w’amaraso ifitanye isano n’indwara z’umutima.

Mucumbitsi yavuze ko indwara y’agapfura ku bana iyo yavuwe nabi ishobora gutera indwara z’umutima.

Umuyobozi ushinzwe kwita ku ndwara z’umutima mu kigo gushinzwe Ubuzima (RBC), Dr Ntaganda Evariste avuga ko umutima ufite ibice byinshi birimo ibyumba, utudirishya dutuma amaraso adusubira inyuma n’imitsi, iyo igice kimwe cyanduye bigira ingaruka ku bindi bice bisigaye by’umutima.

Ati: “Kwisuzumisha hakiri kare nicyo gisubizo cyonyine.”

Professeur Mucumbitsi Joseph Inzobere akaba na Muganga w’indwara z’umutima avuga ko ku isi barenga 18000 bapfa bazize indwara z’umutima

Ntaganda yavuze ko abana barwaye gapfura bagomba kuvurwa hakiri kare bagahabwa imiti kugira ngo hato itaba intandaro y’indwara z’umutima.

RBC igaragaza kandi ko abantu bagera ku bihumbi 15 mu Rwanda bisuzumishije basanga bafite indwara z’umutima, bakaba bategereje kubagwa.

Mu Rwanda kandi abaganga b’inzobere bavura indwara z’umutima ku bana n’abakuru ni abaganga 9 bose hamwe.

RBC ikavuga ko kuba hakiri umubare mukeya w’abaganga bavura izo ndwara z’umutima ari imbogamizi ikomeye.

Prof Mucumbitsi yavuze ko icyuma kibaga umutima cyashyizwe muri Tanzaniya, kandi ibiciro byacyo bikaba bihanitse, yavuze ko hakwiriye gukorwa ubuvugizi kugira ngo abarwaye indwara z’umutima bavuye mu bihugu by’Umuryango w’Afrika y’iburasirazuba batange ikiguzi cy’amafaranga makeya.

Umuyobozi ushinzwe kwita ku ndwara z’umutima muri RBC Dr Ntaganda Evariste avuga ko Kwisuzumisha hakiri kare aricyo gisubizo cyonyine
Prof Mucumbitsi yasabye abana bato kujya bivuza indwara ya gapfura kuko iyo itavuwe neza ishobora gutera indwara z’umutima

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Musanze.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?