BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Mozambique: Icyambu cya Mocimboa da Praia cyafunguwe ku mugaragaro  

Mozambique: Icyambu cya Mocimboa da Praia cyafunguwe ku mugaragaro  

admin
Last updated: November 29, 2022 6:28 pm
admin
Share
SHARE

Icyambu cy’ubucuruzi cya Mocimboa da Praia muri Mozambique cyongeye gufungurwa ku mugaragaro, nyuma y’imyaka irenga ibiri kidakoreshwa kubera ibikorwa by’iterabwoba.

Ubwato bw’imizigo bukaba bwakiriwe kuri iki cyambu cya Mocimboa da Praia

Kuri uyu wa Kabiri, tariki 29 Ugushyingo 2022, nibwo cyafunguwe ku mugaragaro na Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Tauabo, nyuma yo kongera gusanwa.

Iki cyambu cy’ubucuruzi kiri ku nyanja y’u Buhinde, cyari kimaze imyaka irenga ibiri gifunze kubera cyari cyarabohojwe n’umutwe w’iterabwoba wa Ansar Al Sunnah, ibintu byatumye ibikorwa byahakorerwaga bihagarara.

Gifunguwe nyuma y’uko ibi byihebe byirukanywe n’Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Mozambique, ibintu byatumye muri aka gace kagarukamo ituze, abaturage bari baravuye mu byabo bakagarurwa mu buzima busanzwe ndetse bakomeza imirimo yo kwiteza imbere no kwiyubaka.

Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Tauabo ubwo yafunguraga iki cyambu, yashimiye byimazeyo ubufatanye bw’ingabo zagaruye umutekano muri aka gace ka Mocimboa Da Praia byatumye iki cyambu cyongera kuba nyabagendwa.

Gufungura ku mugaragararo iki cyambu bikaba byari byitabiriwe n’izindi nzego, harimo abakoresha amato yikorera imizigo azajya akoreshwa n’abaturage bo muri aka gace ndetse n’ibindi bice.

Icyambu cya Mocimboa da Praia ni kimwe mu bikorwaremezo bikoreshwa mu kugeza ibintu birimo ibicuruzwa mu turere two mu Majyaruguru y’Intara ya Cabo Delgado, muri Werurwe uyu mwaka, Guverineri Valige Tauabo yari yahasuye ari kumwe n’Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Total Energy muri Mozambique, Maxime Rabilloud, mu rwego rwo kurebera hamwe uko cyakongera gukoreshwa.

Mocimboa da Praia ni kame mu gace gakungahaye ku bucukuzi bwa peterole, dore ko sosiyete y’Abafaransa ya Total Energy yari ihafite ibikorwa nabyo byari byarahagaritswe n’ibikorwa by’iterabwoba, gusa ingabo z’u Rwanda ubwo zagera muri iki gihugu ni hamwe muho zigaruriye bwa mbere.

Muri Kanama 2021, nibwo Umuvugizi w’Ingabo, Brig Gen Ronald Rwivanga yemeje ko icyambu cya Mocimboa da Praia cyabohojwe n’ingabo z’u Rwanda. Ni nyuma y’ukwezi kumwe izo ngabo za mbere 1000 za RDF zigeze muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado.

Icyambu cy’ubucuruzi cya Mocimboa da Praia cyongeye gukora
Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Tauabo niwe wafunguye ku mugaragaro iki cyambu
Icyambu cya Mocimboa da Praia kikaba cyari kimaze imyaka irenga ibiri kidakora

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • hafashimana frederick says:
    November 29, 2022 at 9:19 pm

    reka turebekowenda ibinu byakururuka pe!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?