BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Miss Mutesi Aurore yabonye amadolari 8,000 yari yibwe n’umukozi we

Miss Mutesi Aurore yabonye amadolari 8,000 yari yibwe n’umukozi we

admin
Last updated: September 27, 2022 4:08 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasubije Miss Mutesi Aurore amadolari ibihumbi umunani ($8000) n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu na mirongo itanu na magana rindwi (Frw350,700) yari yibwe n’umukozi wo mu rugo.

Umukozi wa RIB abarira amafaranga ya Miss Aurore mu ruhame

Ku wa 23 Nzeri nibwo RIB ivuga ko yakiriye ikirego cya Miss Mutesi avuga ko ku wa 19 Nzeri, yibwe amadolari ibihumbi icumi ($10,000).

Uyu mukozi ubwo yarimo yoza imodoka ya Miss Mutesi mu Murenge wa Kagarama, Akagari ka Muyange, Umugudu wa Rugunga yabonye ayo mafaranga mu modoka arayafata ahita acika.

Icyo gihe iperereza ryahise ritangira ndetse haza gufatwa abagabo babiri.

Abafashwe, Sibomana Antoine w’imyaka 34 wari umukozi wa Miss Mutesi, ndetse na Habarurema bivugwa ko asanzwe ari umupfumu.

Uyu yari yegerewe na Sibomana ngo amufashe kumuha umuti uzatuma adafatwa, ndetse amwishyura amafaranga ibihumbi mirongo itanu (Frw 50,000).

Sibomana akurikiranyweho icyaha cy’ubujura, mu gihe Habarurema w’imyaka 32 y’amavuko we afatwa nk’umufatanyacyaha, ukurikiranyweho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye.

Abakekwa bafatiwe mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Mubuga, Akagari ka Nyagatovu, aho Sibomana yari yamaze gufungura akabari k’inzoga.

Mu arenga miliyoni 10Frw zari zibwe hagarujwe ibihumbi umunani y’Amadorali ya Amerika n’ibihumbi magana atatu na mirongo itanu na magana arindwi (Frw 350,700) mu gihe andi yari yamaze gukoreshwa.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Nzeri 2022, RIB yahaye Miss Mutesi Aurore ayo mafaranga yose.

Abakurikiranywe bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB Kicukiro, mu gihe iperereza rigikomeje ngo dosiye yabo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Umuvugizi wa RIB yagiriye inama abajura gukura amaboko mu mifuka bakareka ubujura.

Yagize ati “Nubwo u Rwanda rwacu rufite umutekano uhagije, rufite inzego z’Umutekano n’Ubugenzacyaha zikora kandi zifite ubushobozi, ibi ntibikuraho inshingano za buri muturage zo kutandarika cyangwa gucunga umutungo we neza.”

 

Akanyamuneza kuri Miss Mutesi…

Miss Mutesi yanyuzwe n’imikorere ya RIB asaba Abanyarwanda bose kugerageza gucunga ibintu byabo neza ndetse.

Yagizeti “Ndshimira RIB ubuhanga n’ubunyamwuga bakoresheje kugira ngo bafate abakekwa, ari nako nsaba Abanyarwanda gucunga ibintu byabo neza, ndetse n’uhuye n’ikibazo nk’icyanjye akihutira kukimenyekanisha. Nkanjye wasangaga bambwira ko natinze gutanga ikirego!”

Abakekwaho gutwara ariya mafaranga barafunzwe

AMAFOTO@Radio /TV Flash Twitter

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Shema justin says:
    September 27, 2022 at 4:28 pm

    Bajye barya Ayo bakoreye

    Reply
  • Shema justin says:
    September 27, 2022 at 4:28 pm

    Bajye barya Ayo bakoreye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Ubutabera

Rubavu: Afungiwe guhisha amakuru y’ahari imibiri 7 y’Abatutsi se yishe muri Jenosideq

4 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?