BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Minisitiri Nduhungirehe  ari mu ruzinduko rw’akazi muri Hongrie

Minisitiri Nduhungirehe  ari mu ruzinduko rw’akazi muri Hongrie

sam
Last updated: May 13, 2025 8:33 am
sam
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri muri Hongrie yavuze ko u Rwanda ruha agaciro gakomeye cyane ubufatanye bwarwo na Hongiriya ndetse ko rwifuza ko bigera ku yindi ntera.

Muri uru ruzinduko  Amb. Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na Bwana Péter Szijjártó, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi wa Hongiriya.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu Mujyi wa Budapest, Nduhungirehe yashimangiye ko ibihugu byombi bimaze kubaka umubano uhamye ndetse bizakomeza kuwubakiraho ubucuruzi n’ishoramari bifitiye inyungu abaturage.

Ati “U Rwanda ruha agaciro imikoranire na Hongrie. Twifuza kuyigeza ku yindi ntera binyuze mu kongera ishoramari ry’abikorera. Turajwe inshinga no kubakira kuri uyu muvuduko kugira ngo habeho ubufatanye mu ngeri zitandukanye, ubucuruzi n’ishoramari byagutse no gusangira intsinzi ku bihugu byombi ndetse no ku baturage.”

Muri uru ruzinduko kandi hafunguwe Ambasade y’u Rwanda muri Hongrie, umuhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye bo muri Hongrie barimo Minisitiri wungirije ushinzwe ubufatanye bw’ibihugu muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb. Olivier Nduhungirehe ari kumwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire ndetse na Ambasaderi Marguerite Françoise Nyagahura.

Iyi Ambasade, iherereye mu Mujyi wa Budapest iri mu zigera kuri 49 u Rwanda rufite mu bihugu bitandukanye ku Isi.

U Rwanda rwafunguye ambasade yarwo i Budapest, Hongrie, mu Ukuboza 2023. Muri Werurwe 2024, Ambasaderi Marguerite Françoise Nyagahura, ashyikiriza Perezida wa Hongrie, Tamás Sulyok, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu

.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

Igisirikare cya Sudani kivuga ko cyirukanye burundu umutwe wa RSF muri leta ya Khartoum

Igisirikare cya Sudani cyatangaje  ko cyamze kwirukana burundu umutwe w’inyeshyamba  'Rapid Support…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb. Uwihanganye yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Brunei

1 Min Read
Politike

RDC yashyizeho komisiyo idasanzwe ishinzwe gusuzuma icyemezo cyo gukuraho ubudahangarwa  Joseph Kabila .

1 Min Read
Politike

Minisitiri Kayikwamba yongeye gushinja u Rwanda guhungabanya umutekano wa DRC

3 Min Read
Politike

Algeria yirukanye abakozi 15 ba Ambasade y’u Bufaransa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?