BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Minisitiri mushya muri Guverinoma, menya uwo ari we

Minisitiri mushya muri Guverinoma, menya uwo ari we

admin
Last updated: July 30, 2022 8:55 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Nyakanga 2022, Perezida wa Repubulika  y’u Rwanda Paul Kagame yagize Eric Rwigamba Minisitiri ushinzwe Ishoramari rya Leta, iyi na yo ni Minisiteri nshya.

Eric Rwigamba wagizwe Minisitiri wa Ministeri nshya ishinzwe ishoramari rya Leta

Ni Minisitiri mushya muri Guverinoma, agiye kuyobora Minisiteri nshya nyuma ya Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Uburere mboneragihugu, ikuriwe na Dr Jean Damascene Bizimana.

Rwigamba ni mushya muri Guverinoma ariko si mushya mu ishoramari yahawe kuyobora.

Rwigamba azobereye ibijyane n’iterambere no gushyira mu bikorwa ibikorwa by’ishoramari kwandika imishinga no kuyicunga.

Uyu mugabo kandi ni inzobere mu igenamigambi no gucunga imishinga iciriritse, imisoro, igenzura ry’imari, n’igenzura ku mari.

Rwigamba Eric mbere y’uko yinjira muri iyi  Minisiteri nshya yari Umuyobozi mukuru w’inzego z’iterambere ry’Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, MINECOFIN.

Muri 2008-2011  yari ashinzwe umutungo mu kigo cya GroFin ishami ry’u Rwanda.

Muri uwo mwaka kandi yanakoze muri Ecobank ari umugenzuzi mukuru w’imari mu bihugu birimo na Uganda.

Ubu ari mu bagize Inama y’Ubutegetsi ya Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere (BRD) ni umuyobozi wungirije ushinzwe isoko ry’Imari n’imigabane ndetse akaba ari mu bajyanama bashinzwe ubugenzuzi ku mari muri Banki Nkuru y’u Rwanda.

Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Master’s) yakuye muri Letza Zunze Ubumwe za Amerika mu ishuri rya Oklahoma Christian University mu bijyanye n’Ubucuruzi n’imiyoborere.

Muri Uganda kandi yahize Kaminuza mu bijyanye n’ubucuruzi, ahabwa impamyabumenyi na Makerere University.

Muri iyi Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, Dr Yvonne Umulisa Umwalimu wa Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’Ubukungu, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho.

Dr Yvonne Umulisa Umwalimu wa Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’Ubukungu, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW     

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Sanzira amon says:
    July 30, 2022 at 10:06 pm

    Uyu mugabo nu muhanga cyane aritonda mbese nimfura yi rwanda guha uyu mugabo iyi minitseri byerekana ko abayobozi bacu rwose bazi gushisho kuko rwigamba nu mugabo udahubuka mubyakora aritondacyane ikindi nu mucristo cyane congs bwana Rwigamba

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?