BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Minisitiri Dr Biruta yahagarariye Perezida Kagame mu nama i Kinshasa

Minisitiri Dr Biruta yahagarariye Perezida Kagame mu nama i Kinshasa

admin
Last updated: July 25, 2022 6:54 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr Vincent Biruta ari iKinshasa aho yahagarriye Perezida wa Repubulika y’uRwanda Paul Kagame mu nama ya XXI  isanzwe y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma bahuriye mu muryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika yo hagati, ECCAS.

Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama yabereye i Kinshasa

Ni inama yateranye kuri uyu wambere tariki ya 25 Nyakanga 2022, ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abakuru b’ibihugu 11 n’abahagarariye za Guverinoma nibo bateraniye iKinshasa mu nama y’uyu muryango.

Mu banyacyubahiro bitabiriye iyi nama harimo Perezida wa Tchad, Gen Mahamat Idriss Deby na Minisitiri w’Intebe wa Gabon ,Mme Rose Christiane Ossouka Raponda bageze muri iki gihugu ku cyumweru tariki ya 24 Nyakanga 2022.

Kimwe mu byitezwe kwigirwa muri iyi nama harimo gusuzuma imirimo y’inama y’abakuru b’ibihugu bya ECCAS  yabanje , harimo kandi no kurebera hamwe ibibazo Politiki ndetse n’umutekano byugarije Afurika yo hagati.

Ikindi ni uko hari buze kuganirwa uko umwuka uhagaze hagati y’uRwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo no kurerebera hamwe uko ibihugu byabana nk’inshuti.

Hararebwa kandi ikibazo cy’itumbagira ry’ibiciro by’ibicuruzwa (matiere premmiere)  , ingaruka  z’intambara ya Ukraine n’uBurusiya ku bukungu bw’uyu muryango.

Umuryango wa ECCAS washinzwe mu 1983 uhuza ibihugu byo muri Afurika yo hagati birimo Angola ,uBurundi, Cameroun , Centrafrique,Congo-Brazzaville, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Gabon, Guinne Equatoriale, Tchad , Sao Tome  & Principe ndetse n’uRwanda.

Muri 2016 nibwo uRwanda rwongeye kujya muri uyu muryango nyuma yo kuwikuramo mu 2008.

Ugamije guhuza ubufatanye bw’ibihugu mu guteza imbere Afurika mu bijyanye n’ubukungu binyuze mu kongera ubushobozi bw’inganda no guteza imbere ubuhinzi . Harimo kandi kubyaza umusaruro umutungo kamere, kongera ingufu, ubucuruzi, itumanaho, siyansi, ikoranabuhanga.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?