BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > MINEDUC yatangiye kugenzura ireme ry’uburezi mu mashuri ya Leta

MINEDUC yatangiye kugenzura ireme ry’uburezi mu mashuri ya Leta

admin
Last updated: October 18, 2022 6:25 pm
admin
Share
SHARE
MUHANGA: Minisiteri y’Uburezi binyuze mu bigo biyishamikiyeho, (REB na NESA) batangiye gukora igenzura mu Mashuri ya Leta hagamijwe kureba uko ireme ry’uburezi rihagaze.

Uhagarariye NESA Habiyambere Ildephonse asuhuza Abanyeshuri

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB)  Dr Mbarushimana Nelson, uhagarariye Ikigo gishinzwe ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA) Habiyambere Ildephonse, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga basuye ibigo 2 by’amashuri ya Leta kugira ngo bahuze amasomo ahatangirwa n’ireme ry’Uburezi bifuza.

Muri GS ya Kabgayi aba bayobozi babanje kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza ya Minisiteri y’Uburezi,  harebwa imisanzu n’amafaranga y’ishuri ababyeyi batanga mu mashuri y’inshuke, abanza ndetse n’ayisumbuye.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, Dr Mbarushimana Nelson avuga ko  muri iki cyumweru cy’Uburezi batangiye, bazibanda ku myigishirize y’abarimu, Uburere abanyeshuri bahabwa, harimo ubwitabire bwabo umunsi ku munsi.

Mbarushimana avuga ko bagomba no gusuzuma ibikoni kugira ngo barebe  amafunguro abanyeshuri bafata.

Ati “Umuyobozi w’Ishuri agomba gucunga neza umutungo w’Ikigo, akanagenzura uko abarimu bigisha.”

Uyu Muyobozi avuga ko nibasoza igenzura bazahuza ibi byose kugira ngo barebe niba ireme ry’Uburezi ryuzuye.

Cyakora yavuze ko bazagenzura n’imbogamizi Ishuri rifite kugira ngo zigezwe kuri Minisiteri y’Uburezi.

Ati “Twasanze ubwitabire bw’abanyeshuri buri ku gipimo gishimishije, abana barahabwa ifunguro ryuzuye.”

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yasabye abanyeshuri kwiga bashyizeho umwete, yibutsa abarezi ko bakwiriye gukundisha abana amasomo batanga.

Ati “Turasaba abarezi kugabanya umubare w’abana bata amashuri kuko umuntu wa mbere umenya ko umwana yasibye ari mwarimu.”

Yabasabye kandi kutihererana ibibazo ahubwo bagafatanya n’inzego z’ibanze kubikemura.

Izo nzego kandi zasabye Abarezi gukoresha ikoranabuhanga mu gihe bagiye gukora ubushakashatsi  mu mitegurire y’amasomo batanga.

Guverineri Kayitesi yavuze ko  mu Ntara y’Amajyepfo ubwitabire bw’abanyeshuri mu bigo bya Leta bugeze kuri 98,9%, utabariyemo  bo mu mwaka wa 1  ndetse ni uwa 4.

Ibizava mu igenzura ry’icyumweru cy’Uburezi  bizatangazwa rishoje.

Dr Mbarushimana yashimiye Ubuyobozi bw’Ishuri uko bita ku mirire y’abanyeshuri.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice mu batanze ibyokurya mu bigo by’amashuri
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Anonymous says:
    October 18, 2022 at 6:48 pm

    Byiza cyane pe

    Reply
  • Rukundo Felicien says:
    October 19, 2022 at 5:18 am

    Ndashimira ubuyobozi bwa, REB NESA ,Bwatekereje kumanuka bukatuba hafi byiza cne rwose gsa icyo mbona nuko abayobozi bibigo ndetse nabarezi baticaye Kandi bari gukorera kumihigo ” umwana kwisonga”

    Reply

Leave a Reply to Rukundo Felicien Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?