BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > MINEDUC yatangiye kugenzura ireme ry’uburezi mu mashuri ya Leta

MINEDUC yatangiye kugenzura ireme ry’uburezi mu mashuri ya Leta

admin
Last updated: October 18, 2022 6:25 pm
admin
Share
SHARE
MUHANGA: Minisiteri y’Uburezi binyuze mu bigo biyishamikiyeho, (REB na NESA) batangiye gukora igenzura mu Mashuri ya Leta hagamijwe kureba uko ireme ry’uburezi rihagaze.

Uhagarariye NESA Habiyambere Ildephonse asuhuza Abanyeshuri

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB)  Dr Mbarushimana Nelson, uhagarariye Ikigo gishinzwe ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA) Habiyambere Ildephonse, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga basuye ibigo 2 by’amashuri ya Leta kugira ngo bahuze amasomo ahatangirwa n’ireme ry’Uburezi bifuza.

Muri GS ya Kabgayi aba bayobozi babanje kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza ya Minisiteri y’Uburezi,  harebwa imisanzu n’amafaranga y’ishuri ababyeyi batanga mu mashuri y’inshuke, abanza ndetse n’ayisumbuye.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, Dr Mbarushimana Nelson avuga ko  muri iki cyumweru cy’Uburezi batangiye, bazibanda ku myigishirize y’abarimu, Uburere abanyeshuri bahabwa, harimo ubwitabire bwabo umunsi ku munsi.

Mbarushimana avuga ko bagomba no gusuzuma ibikoni kugira ngo barebe  amafunguro abanyeshuri bafata.

Ati “Umuyobozi w’Ishuri agomba gucunga neza umutungo w’Ikigo, akanagenzura uko abarimu bigisha.”

Uyu Muyobozi avuga ko nibasoza igenzura bazahuza ibi byose kugira ngo barebe niba ireme ry’Uburezi ryuzuye.

Cyakora yavuze ko bazagenzura n’imbogamizi Ishuri rifite kugira ngo zigezwe kuri Minisiteri y’Uburezi.

Ati “Twasanze ubwitabire bw’abanyeshuri buri ku gipimo gishimishije, abana barahabwa ifunguro ryuzuye.”

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yasabye abanyeshuri kwiga bashyizeho umwete, yibutsa abarezi ko bakwiriye gukundisha abana amasomo batanga.

Ati “Turasaba abarezi kugabanya umubare w’abana bata amashuri kuko umuntu wa mbere umenya ko umwana yasibye ari mwarimu.”

Yabasabye kandi kutihererana ibibazo ahubwo bagafatanya n’inzego z’ibanze kubikemura.

Izo nzego kandi zasabye Abarezi gukoresha ikoranabuhanga mu gihe bagiye gukora ubushakashatsi  mu mitegurire y’amasomo batanga.

Guverineri Kayitesi yavuze ko  mu Ntara y’Amajyepfo ubwitabire bw’abanyeshuri mu bigo bya Leta bugeze kuri 98,9%, utabariyemo  bo mu mwaka wa 1  ndetse ni uwa 4.

Ibizava mu igenzura ry’icyumweru cy’Uburezi  bizatangazwa rishoje.

Dr Mbarushimana yashimiye Ubuyobozi bw’Ishuri uko bita ku mirire y’abanyeshuri.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice mu batanze ibyokurya mu bigo by’amashuri
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Anonymous says:
    October 18, 2022 at 6:48 pm

    Byiza cyane pe

    Reply
  • Rukundo Felicien says:
    October 19, 2022 at 5:18 am

    Ndashimira ubuyobozi bwa, REB NESA ,Bwatekereje kumanuka bukatuba hafi byiza cne rwose gsa icyo mbona nuko abayobozi bibigo ndetse nabarezi baticaye Kandi bari gukorera kumihigo ” umwana kwisonga”

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?