BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Min Mbabazi yasabye Urubyiruko  kutaba indorerezi ku Iterambere ry’Igihugu

Min Mbabazi yasabye Urubyiruko  kutaba indorerezi ku Iterambere ry’Igihugu

admin
Last updated: August 18, 2022 5:59 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco Mbabazi Rose Mary  yabwiye  abasaga 1000  bibumbiye mu Ihuriro ry’Urubyiruko Gatolika ku rwego rw’Igihugu ko badakwiriye kuba indorerezi mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda Leta ushyize imbere.

Urubyiruko Gatolika rusaga 1000 ruteraniye iMuhanga

Forumu y’Urubyiruko Gatolika mu Rwanda y’iminsi 5 iri kubera mu Karere ka Muhanga. Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco Mbabazi Rose Mary  wari umushyitsi mukuru hamwe n’abandi banyacyubahiro, yabwiye Urubyiruko ko rugomba kwirinda kuba indorerezi  mu kwamagana ikibi kubera  ko iyo batacyirinze cyangwa ngo bakirinde bagenzi babo iyo kibayeho kigira ingaruka mbi muri  Sosiyete batuyemo.

Mbabazi yavuze ko hari bamwe mu rubyiruko bigira bantibindeba, bakishora mu biyobyabwenge, ubusinzi n’izindi ngeso mbi zibangiriza ubuzima.

Yagize ati: “Ubuzima dufite niyo mpano Imana yaduhaye  tubukoresha iki?”

Uyu Muyobozi yavuze ko hari bamwe batabwitaho ndetse ntibite no ku buzima bw’abandi.

Ati: “Ni mukomeza kurebera ikibi muzasanga kibaye kuri bashiki banyu baterwa inda zitateguwe nimwe kizaba kigezeho.”

Yabasabye ko Iri huriro bqgomba kurivanamo amasomo n’ubumenyi bwo guhangana n’izo ngeso mbi.

Yabibukije  kwirinda gukoresha nabi ikoranabuhanga ahubwo bakayungurura ibyo barisangamo bitabubaka, bagakuramo ibibafitiye akamaro ubwabo n’igihugu muri rusange.

Yagize ati: “Ibibonetse byose mwe kubimira bunguri ndabasaba gukunda Imana, mukunde Igihugu mucyifurize ibyiza.”

Mpinganzima Divine umwe mu rubyiruko yabwiye UMUSEKE ko bagiye gushyira mu bikorwa impanuro bahawe

Mpinganzima Divine umwe mu rubyiruko yabwiye UMUSEKE ko  bagiye gushyira mu bikorwa impanuro bahawe ariko ko ubutumwa bwatanzwe biisaba ko buri wese abanza kwisuzuma akareba indangagaciro  atuzuza.

Ati: “Uyu ni umwanya wo kwibaza ngo ese izo ndangagaciro turazifite? Utazifite yagera ku rwego rwo kuba Umuyobozi ate?”

Antoine Cardinal Kambanda  avuga ko YEZU abakunda kandi akomeye ku buzima bwabo bityo ko bakwiriye kubwitaho kurushaho, bubaha Imana n’abantu.

Ati: “Mufite byinshi bishaka kubicira ubuzima, harimo ababashuka, bifuza kubwangiza harimo ibiyobyabwenge bitoroheye bamwe muri bagenzi banyu hakaba n’abadafite akazi abo bose ndababwira ko YEZU abakunda  ntabwo yakwemera ko mupfa.”

Yabasabye gukomeza kumwizera ibihe byose kandi bafite umutima w’impuhwe no  gufasha abanyantegenkeya.

Iri huriro ry’Urubyiruko Gatolika mu Rwanda ryatangiye mu mwaka wa 20022, mu myaka yagiye ikurikiraho ryahuzaga urubyiruko rwinshi ruruta kure abaryitabiriye uyu munsi, bitewe n’icyorezo cya COVID 19 uyu mubare ukaba wagabanutse kugera ku bantu basaga 1000.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco Rose Mary Mbabazi yasabye Urubyiruko kutaba indorerezi
Antoine Cardinal Kambanda avuga ko YEZU abakunda kandi atifuza ko ubuzima bwabo bwangirika

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?