BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Menya ibyo Perezida Kagame yavuze arahiza Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu

Menya ibyo Perezida Kagame yavuze arahiza Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu

admin
Last updated: November 11, 2022 4:19 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye indahiro ya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yibutsa ba Minisitiri n’abandi bayobozi ko icyo bashinzwe ari ugukorera Igihugu bitari mu magambo gusa.

Musabyimana Jean Claude yarahiriye nka Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu

Ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mushya, Musabyimana Jean Claude, Perezida Kagame yagize ati “Abaminisitiri rero n’abandi bayobozi icyo bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda, ni ugukorera Igihugu bitari mu magambo gusa.

Ngira ngo ahenshi bikwiye kuba bishingiye ku bikorwa, no mu ndahiro ubwabo bamaze kutugezaho birasobanutse icyo abantu bashinzwe.”

Yavuze ko “Abantu wenda bashobora guhitamo gusa kutabyubahiriza nk’uko bikwiye bakikorera ibyabo.”

Ati “Icyo ni ikindi kibazo, ariko ibyangombwa abantu bakwiye kuba bagenderaho, ibijyanye n’inshingano bashinzwe ubundi birumvikana bihagije.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude yashyizwe kuri uyu mwanya ku wa 10 Ugushyingo 2022 asimbuye Hon Gatabazi Jean-Marie Vianney n’ubundi basimburanye ku buyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru.

Musabyimana yari Umunyabanga Uhoraho muri Ministeri y’Ubuhinzu n’Ubworozi.

Tariki 14 Nyakanga, 2017, Musabyimana Jean Claude wari uvuye ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutaka n’Amashyamba, icyo gihe yasimbuwe na Hon Gatabazi Jean Marie Vianney.

Nsabye imbabazi aho nagize intege nke mu kazi kange – Gatabazi

Yanditswe na Jean Claude BAZATSINDA

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?