BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 26, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Maduro agiye gutangira kuburanishwa muri Amerika

Maduro agiye gutangira kuburanishwa muri Amerika

admin
Last updated: March 26, 2026 12:18 pm
admin
Share
SHARE

Nicolas Maduro wahoze ayobora Venezuela wakuwe ku butegetsi ndetse agafatwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agiye gutangira kuburanishwa ku byaha byo gucuruza ibiyobyabwenge n’iterabwoba.

Mu gitondo cyo ku wa 3 Mutarama 2026 ni bwo Amerika yagabye ibitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, ndetse Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores, barafatwa bajyanwa muri Amerika.

Bamaze iminsi igera kuri 80 bafungiye muri Gereza ya Brooklyn yo mu Mujyi wa New York.

Biteganyijwe ko Maduro aza kugaragara mu rukiko Saa Kumi n’Imwe zo mu Rwanda. Byitezwe ko aza gusaba ko ikirego cye cyateshwa agaciro. Abanyamategeko be na bo barakibaza uza kwishyura amagarama y’urubanza.

Guverinoma ya Venezuela ishaka kwishyura ikiguzi cyose cy’urubanza, icyakora ugomba kumuburanira witwa Barry Pollack ntabwo arahabwa uruhushya rwihariye kubera ibihano yafatiwe na Amerika.

Barry Pollack agaragaza ko kutamuha uru ruhushya ari ukutubahiriza uburenganzira bwa Maduro bwo kubona umwunganira mu mategeko, agahera aho asaba ko urubanza rwateshwa agaciro kubera iyo mpamvu.

Maduro yafashwe n’abasirikare ba Amerika babarizwa mu mutwe udasanzwe woherezwa aho rukomeye, Delta Force. Abo muri uyu mutwe bamusanze mu cyumba cye, mu gitero cyifashishije indege 150.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDF na TPDF byumvikanye ku ngamba zigamije kongera ubufatanye

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) kuri uyu munsi basoje inama…

Maduro agiye gutangira kuburanishwa muri Amerika

Nicolas Maduro wahoze ayobora Venezuela wakuwe ku butegetsi ndetse agafatwa na Leta…

Gen. Muhoozi yashimangiye ko ashyigikiye Israel mu ntambara ya Iran

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yagaragaje ko ari inyuma…

Minisitiri Nkulikiyinka yashyikirije Minisitiri w’Intebe wa Maurice ubutumwa bwa Perezida Kagame

Ku wa 25 Werurwe 2026, Minisitiri w’abakozi ba leta n’umurimo Amb. Christine…

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa ko zigomba guhora ziteguye

Umugaba w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, ushinzwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Iran yahakanye yivuye inyuma iby’ibiganiro na Amerika byo kurangiza intambara

1 Min Read
Amerika

Trump yaciye amarenga yo guhagarika ibitero kuri Iran vuba

2 Min Read
Amerika

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

2 Min Read
Amerika

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?