BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > M23 yigaruriye undi mupaka uhuza Congo na Uganda

M23 yigaruriye undi mupaka uhuza Congo na Uganda

admin
Last updated: January 5, 2023 10:24 am
admin
Share
SHARE

Umutwe wa M23 uri kugenzura umupaka wa Ishasha uhuza Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Uganda, nyuma y’uko FARDC n’abo bafatanyije bahunze nta mirwano ibayeho.

Umupaka wa Ishasha, uherereye mu birometero 60 mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’umurwa mukuru wa Teritwari ya Rutshuru, ni umupaka wa kane winjiza ibicuruzwa byinshi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nyuma y’igihe kinini umupaka wa Bunagana ufashwe n’umutwe wa M23, uwa Ishasha niwo wakoreshwaga na Leta ya Congo mu kwinjiza ibicuruzwa bivuye muri Uganda.

Amakuru avuga ko wafashwe kuri uyu wa gatatu nta mirwano ibayeho kuko ingabo za Leta n’imitwe bafatanyije irimo FDRL, MAIMAI, CODECO, NYATURA, ACPLS na PARRECO bakuyemo akabo karenge.

Kugeza ubu umutwe wa M23 niwo uri kugenzura ibyinjira n’ibisohoka kuri uwo mupaka unyuzwaho ibicuruzwa byinshi.

Aimé Mukanda, umwe mubazwi cyane muri Teritwari ya Rutshuru yatangaje ko ifatwa rya Ishasha ari inzira yo korohereza M23 kwakira inkunga ihabwa na Leta ya Uganda.

Avuga ko ibyo M23 iri gukora byo kuva mu duce twa Kibumba, Rumangabo, Kishishe ari umukino wo kuyerekeza mu bice by’ingenzi mu ntambara.

Yasabye Guverinoma ya Congo gufunga imipaka na Uganda mu gace M23 igenzura no kwikura mu bihugu bigize umuryango wa EAC.

Kuri uyu wa kane haraba umuhango wo gushyikiriza ingabo za EAC ikigo cya gisirikare cya Rumangabo cyari cyarigaruriwe n’umutwe wa M23.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
8 Comments
  • Poto poto says:
    January 5, 2023 at 1:40 pm

    Iki nicokigaragazaneza yuko m23 nabayishigikiye bajegusahura umutungo wa RDC congo (R) none kobavugango bararwanirira abavuga ururimi rwikinyarwanda iyomuri ishasha habayo abavuga ururimirwikinyanda? nibareke kutubesha ukuri kuzaja ahagaragara.

    Reply
    • Macho maso says:
      January 6, 2023 at 6:41 am

      Uri ptopto koko. Ubwo se wari da iwawe ugafunga imiryangi yose, ugasiga amadorishya afunguye? Gusahura? Ariko ubuhanga bwo gusahura M23 yihariye butagurwa na FARDC ni ubuhe?

      Reply
  • Anonymous says:
    January 5, 2023 at 2:08 pm

    Hahaha abaturage barivanze,ntakubavangura bazabarindira umutekano bose nta nta rukuta ruri hagati yabo ngo rutandukanye ubwoko
    Bravo m23 mbakuriye ishapo rwose,murinde abaturage n’ibyabo byose

    Reply
  • Kk f says:
    January 5, 2023 at 2:09 pm

    Hahaha abaturage barivanze,ntakubavangura bazabarindira umutekano bose nta nta rukuta ruri hagati yabo ngo rutandukanye ubwoko
    Bravo m23 mbakuriye ishapo rwose,murinde abaturage n’ibyabo byose

    Reply
  • Jado says:
    January 5, 2023 at 3:37 pm

    Ishasha se kuki uvuga ngo nta bavuga ikinyarwanda bariyo potopoto we!umwanzi akomeze abatere bamureke se?nibakubite amafigi,uko kuli uvuga kuzagaragare,pagali we! courage Basore

    Reply
  • mahoro jack says:
    January 5, 2023 at 4:40 pm

    Uyu ngo arasaba RDC gufunga imipaka yayo na Uganda???? None barafunga aho batagenzura? Ariko kweli iki gihugu kigira igisirikare? Ubu Cyabitama ngo ategereje ko inyeshyamba za Sudani y’epfo n’andi masibo y’abanyerondo bakomotse mu karere ngo aribo bazaza kumurindira igihugu? Nahame hamwe ahubwo arebe ingaruka zo kujya muri politiki utazi n’icyo igihugu bisobanuye. Izi nyakatsi zuzuye igihugu cye nibwo butunzi arata ngo abaturanyi bashaka gusahura? Africa warakubititse!

    Reply
  • Iradukunda Eram says:
    January 5, 2023 at 5:11 pm

    Bunagana yarafashwe, none ishasha naho harafashwe, kandi niho hanyuraga ibicuruzwa byinshi. Ubwo se ubukungu bw’igihugu ntibugiye kurambarara hasi? Bugiye gusubira inyuma pe!

    Reply
  • Eric says:
    January 5, 2023 at 7:46 pm

    Imana izi byose ! Icangombwa n’uKwiyeza gusa kuko amahoro yo mwisi yarabuze . Izindambara zisa nizo mu 16e siècle .

    Reply

Leave a Reply to Anonymous Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?