BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > M23 yavuye mu kigo cya gisirikare kinini yari imaze igihe igenzura

M23 yavuye mu kigo cya gisirikare kinini yari imaze igihe igenzura

admin
Last updated: January 6, 2023 4:09 pm
admin
Share
SHARE

Inyeshyamba za M23 zikomeje kubahiriza imyanzuro yafatiwe mu biganiro by’i Luanda bigamije gukemura mu mahoro ibibazo by Congo, kuri uyu wa Gatanu zarekuye ikigo cya gisirikare kinini cya Rumangabo zimaze igihe zigenzura.

M23 ivuga ko ku mugaragaro yavuye mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo

M23 ivuga ko yari yafashe kiriya kigo nk’igisubizo ku bitero by’ingabo za Leta ya Congo, FARDC zayigabagaho umusubizo zifatanyije n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Ikigo cya gisirikare cya Rumangabo kiragenzurwa n’ingabo zUmuryango wa Africa y’Iburasirazuba, EAC zagiye mu bikorwa byo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.

Kuri Twitter M23 yagize iti “M23 ku mugaragaro yashyikirije ingabo za EAC ikigo kinini cya gisirikare cya Rumangabo.”

Umuhango wo kuva mu kigo cya Rumangabo wabaye kuri uyu wa Gatanu, ariko mbere byari byavuzwe ko wari kuba ku wa Kane tariki 05 Mutarama, 2023 ariko birasubikwa.

Ikigo cya Rumangabo cyafashwe mu Ukwakira 2022.

Hari hashize igihe bivugwa ko M23 ishaka kuva mu duce yagiye yambura ingabo za Leta muri Rutshuru kuva imirwano mishya yakubura muri Kamena, 2022.

Izi nyeshyamba zaherukaga kuva mu gace ka Kibumba mu byumweru bibiri bishize.

Ingabo za EAC ni zo zisigarana iki kigo cya gisirikare

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • R says:
    January 7, 2023 at 7:08 pm

    Hariya nta n’amabuye y’agaciro ahari,kuhaguma udafata Goma ville ntacyo bimaze,nibigire imbere gato ku birombe bya zahabu,iranium na ya mabuye akenewe kw’isi mugukora imodoka zikoresha amashanyarazi ubundi bahafate bataharekura nk’ikimata

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
Mu mahanga

Fizi: RDC n’u Burundi byashinjwe kohereza izindi ngabo zo ‘kumara Abanyamulenge

2 Min Read
Mu mahanga

Papa Leo XIV yakiriye Perezida Ramaphosa i Vatican mu gihe Afurika y’Epfo na Amerika bitavuga rumwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?