BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > M23 yavuye mu kigo cya gisirikare kinini yari imaze igihe igenzura

M23 yavuye mu kigo cya gisirikare kinini yari imaze igihe igenzura

admin
Last updated: January 6, 2023 4:09 pm
admin
Share
SHARE

Inyeshyamba za M23 zikomeje kubahiriza imyanzuro yafatiwe mu biganiro by’i Luanda bigamije gukemura mu mahoro ibibazo by Congo, kuri uyu wa Gatanu zarekuye ikigo cya gisirikare kinini cya Rumangabo zimaze igihe zigenzura.

M23 ivuga ko ku mugaragaro yavuye mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo

M23 ivuga ko yari yafashe kiriya kigo nk’igisubizo ku bitero by’ingabo za Leta ya Congo, FARDC zayigabagaho umusubizo zifatanyije n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Ikigo cya gisirikare cya Rumangabo kiragenzurwa n’ingabo zUmuryango wa Africa y’Iburasirazuba, EAC zagiye mu bikorwa byo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.

Kuri Twitter M23 yagize iti “M23 ku mugaragaro yashyikirije ingabo za EAC ikigo kinini cya gisirikare cya Rumangabo.”

Umuhango wo kuva mu kigo cya Rumangabo wabaye kuri uyu wa Gatanu, ariko mbere byari byavuzwe ko wari kuba ku wa Kane tariki 05 Mutarama, 2023 ariko birasubikwa.

Ikigo cya Rumangabo cyafashwe mu Ukwakira 2022.

Hari hashize igihe bivugwa ko M23 ishaka kuva mu duce yagiye yambura ingabo za Leta muri Rutshuru kuva imirwano mishya yakubura muri Kamena, 2022.

Izi nyeshyamba zaherukaga kuva mu gace ka Kibumba mu byumweru bibiri bishize.

Ingabo za EAC ni zo zisigarana iki kigo cya gisirikare

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • R says:
    January 7, 2023 at 7:08 pm

    Hariya nta n’amabuye y’agaciro ahari,kuhaguma udafata Goma ville ntacyo bimaze,nibigire imbere gato ku birombe bya zahabu,iranium na ya mabuye akenewe kw’isi mugukora imodoka zikoresha amashanyarazi ubundi bahafate bataharekura nk’ikimata

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Paul Mackenzie yongeye kuregwa ku rupfu rw’abandi bantu 52 nyuma y’abarenga 400 asanzwe akurikiranywaho

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Abakora mu bwikorezi bwo mu kirere bateguje imyigaragambyo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?