BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > M23 yashyizeho undi muvugizi mu kudanangira itumanaho

M23 yashyizeho undi muvugizi mu kudanangira itumanaho

admin
Last updated: September 12, 2022 10:24 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwatangaje ko Canisius Munyarugerero yagizwe Umuvugizi wa politiki wungirije Lawrence Kanyuka uherutse gushyirwaho mu mezi atambutse.

Gen Sultan Makenga n’inyeshyamba ayoboye bakomeje kubera umuzigo leta ya Kinshasa

Mu itangazo ryashyizweho umukono na Perezida w’umutwe wa M23, Bertrand Bisiimwa rivuga ko Canisius Munyarugerero agomba guhita atangira izi nshingano guhera ku wa 10 Nzeri 2022.

Muri iri tangazo rivuga ko iki cyemezo kihutirwa kandi ari ngombwa, M23 itangaza ko yafashe umwanzuro “wo gushyiraho umuvugizi wungirije wa M23, umuvandimwe Canisius Munyarugerero.”

Bertrand Bisimwa yashimangiye ko ishyirwaho rya Munyarugerero bijyanye no guha imbaraga urwego rw’itumanaho muri M23.

Umuvugizi mukuru mu bya politiki w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka na Canisius Munyarugerero bazajya bakorana bya hafi na Maj. Willy Ngoma umuvugizi mu bya Gisirikare.

Umutwe wa M23 ukomeje ibikorwa byo kudanangira inzego zawo haba muri politiki ndetse no mu gisirikare.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Patrick says:
    September 13, 2022 at 8:13 am

    Reka reka ntabya M23 ngo iri kudanaga inzego icyo namaze kubona M23 ntizi icyo ishaka iyaba iri kurwanira benewabo koko bavuga ikinyarwanda bari guhohoterwa muri DRC iba yaramaze byibuze kwigarurira Kivu zombi benewabo batuye muzindi ntara bakahimukira. Ariko ibaze nawe umutwe na UN yemeza ko uri organized kurusha igisirikare cya Leta FARDC. Ariko kugeza ubu bikaba byarawunaniye no gufata Goma byibuze ikigaragara nabo bibereye mubucukuzi bw’amabuye yagaciro nka za Mai-Mai, FDLR, RED-Tabara nindi mitwe yibera muri Congo. Mbabajwe nabaturage bari gupfa bategereje kuzatabarwa na General Makenga.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?