BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > M23 yarahiriye gushyira iherezo ku byatumye yubura imirwano

M23 yarahiriye gushyira iherezo ku byatumye yubura imirwano

admin
Last updated: November 9, 2022 3:06 pm
admin
Share
SHARE

Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko utazongera kuva ku butaka bwa RD Congo usubire mu buhungiro nk’uko wigeze kubigenza ubwo mu mwaka wa 2013 watsindwaga, urahirira gushyira iherezo ku byatumye begura intwaro.

Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisiimwa na Gen Sultan Emmanuel Makenga

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’umutwe wa M23 rivuga ko mu gihe Leta ya Congo yanze ibiganiro bazarwana nayo kugeza ku iherezo.

M23 yatangaje ko amahitamo yabo ari ibiganiro bigamije gucyemura ibibazo, ariko niba Kinshasa yahisemo intambara, igomba kwirengera ingaruka zayo.

Umuyobozi w’uyu mutwe Bwana Bertrand Bisiimwa yavuze ko “Ufite imbaraga azatsinda kandi Kinshasa itazongera gusaba uyu mutwe kuva mu duce yatakaje.”

Uyu mutwe wamenyesheje Umuryango Mpuzamahanga ko ku wa 8 Ugushyingo 2022, Ingabo za Leta ya Congo zakoresheje indege z’intambara zisuka ibisasu mu duce dutuwe n’abaturage, zica abasivili abandi barahunga.

Nta mibare y’abishwe n’izi ndege irajya ahagaragara, gusa amakuru aturuka ahatewe amabombe avuga ko hari abaturage bapfuye abandi barakomereka.

M23 yavuze ko ibyakozwe na FARDC ari ibyaha by’intambara bishyira mu kaga ubuzima bw’abaturage benshi mu bice igenzura kandi bibangamira ibikorwa by’ubutabazi.

Uyu mutwe warahiye ko “Udateganya gusubira mu nkambi z’impunzi ahubwo igomba kwirwanaho ukarinda abaturage.”

Uyu mutwe uyoborwa ku rugamba na Gen Sultan Makenga, washimangiye ko wiyemeje gushyira iherezo ku muzi w’ibibazo byatumye begura intwaro.

Wavuze ko Leta ya Congo ititaye ku nzira y’ibiganiro byasabwe n’Umuryango w’Abibumbye, AU ndetse na EAC ahubwo ushaka intambara bakaba bagiye kujya mu mitsi nta yandi mahitamo.

M23 isobanura ko ari abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo, bashaka kuba mu gihugu cyabo batekanye n’imiryango yabo.

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yanze burundu ibyo kujya ku meza y’ibiganiro na M23, ivuga ko izayirasa igasubira mu nkambi z’impunzi aho yateye ituruka.

Kugeza ubu nta gace na kamwe kagenzurwa na M23 kari kigarurirwa n’Ingabo za Leta kuko uyu mutwe wafunze inzira z’ubutaka zose zinjira mu matware yawo.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
7 Comments
  • Patrikus from Rwanda says:
    November 9, 2022 at 5:02 pm

    M23 never give up! Songa mbere ka mageshi

    Reply
  • Ndengejeho Pascal Baylon says:
    November 9, 2022 at 6:08 pm

    Yewe! Nkurikije ibyo amashusho yatweretse bamaze kubamishaho amasasu, umenya koko bariyemeje gupfira ku butaka bwa Kongo! Halya ubundi bararwanira iki? gufata ubutegetsi? kurengera abatutsi bo muri Kongo? Ntabwo batubwira neza ikigamijwe.

    Reply
    • Ubana Ade says:
      November 10, 2022 at 7:45 am

      Bararwanira Uburenganzira Bwumucongomani Uvuga ururimi Rwikinyarwanda

      Reply
  • Aba soja says:
    November 9, 2022 at 6:38 pm

    Aha hazaca uwambaye!

    Reply
  • mukarugira emerance says:
    November 10, 2022 at 8:02 am

    unva bagabo akagabo gahimba akandi kataraza, babonye badasubizwa ngo twatsinze, ubu c`est pas le cas M23 igiye gukora kunganzo ubundi biriya bishangazi bababeshye ngo nindege birangire, cyabitama ati reka ngure izindi, ngaho nasobanurire USA icyo agurira izo ndege kuza gukubitwa na M23?nizize abana bariteguye tu, songa mbere bana ba congo.

    Reply
  • manweri says:
    November 13, 2022 at 8:52 am

    songa mbere situwezi kurudinyuma ndasuhuza makenga nabucura imana ibane namwe

    Reply
  • Tante says:
    November 15, 2022 at 8:42 pm

    Never give up M23

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?