BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > M23 yafunguye umuhanda ujyana ibiribwa i Goma

M23 yafunguye umuhanda ujyana ibiribwa i Goma

admin
Last updated: December 7, 2022 4:27 pm
admin
Share
SHARE

Umutwe wa M23 warekuye amakamyo yari yaraheze mu Mujyi wa Kiwanja na Bunagana muri Teritwari ya Rutshuru yari apakiye ibiribwa abijyanye mu mujyi wa Goma. 

Imodoka zivuye muri Rutshuru zatangiye kugemura ibiribwa mu Mujyi wa Goma

Amakuru aturuka mu Mujyi wa Goma avuga ko kuri uyu wa Gatatu, ahagana saa tanu z’amanywa (11:00), amakamyo  menshi yarekuwe nyuma y’uko umuhanda ufunguwe.

Umujyi wa Goma ukaba umaze iminsi utagerwamo n’imodoka ziva muri Rutshuru kubera imirwano yari imaze iminsi ihuje abarwanyi ba M23 n’ingabo za Leta ya Congo, FARDC.

Mu Ukwakira uyu mwaka, nibwo abarwanyi ba M23 bafashe umuhanda uhuza Goma na Rutshuru ndetse n’imodoka zitwaye ibicuruzwa zirafatwa.

Ni nyuma y’imirwano ikaze yabahuje n’ingabo za FARDC, mu duce twa Biruma na Karengera, icyo gihe imodoka ziva Ishasha zakoreshaga umuhanda wa Tongo-Kazaroho kugira ngo zigere i Goma.

Izi modoka zirekuwe nyuma y’umunsi umwe M23 itangaje ko yiteguye guhagarika imirwano ndetse ikava no mu bice yari yarigaruriye, igasubira inyuma igana mu birindiro yasigiwe n’ibiganiro byabereye i Luanda muri Angola.

Ni mu gihe iyi nama yari yasabye uyu mutwe kurekura ibice wafashe, gusa wo wari wahagaritse imirwano ntiwasubira inyuma.

M23 ivuga ko impamvu yavuye mu buhungiro aho bari muri Uganda, ari uko leta ya Congo itashyize mu bikorwa ibyo bari bemerenyije harimo guhagarika guhohotera abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, babwirwa ko ari Abanyarwanda.

Ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwakomeje gushinja u Rwanda gufasha uyu mutwe wa M23, gusa rwo rurabihakana.

Imirwano hagati ya M23 n’ingabo za Leta ya Congo, FARDC ikomeje kugira ingaruka zinyuranye harimo umutekano muke ku baturage bo mu Burasirazuba bwa Congo, abava mu byabo, inzara n’izindi ngaruka ziterwa n’intambara.

Ku wa Kabiri, i Nairobi hasojwe ibiganiro byari bimaze icyumweru bihuje leta ya Congo, sosiyete sivile n’imitwe yitwaje intwaro, aho barebeye hamwe uko umutekano muke uri muke uri mu Burasirazuba bwa Congo.

Gusa umutwe wa M23 ntiyatumiwe muri ibi biganiro bigamije kugarura amahoro muri iki gihugu, ibintu abasesengura ibihabera bavuga ko bitakunda mu gihe leta ya Congo itumva ibyifuzo by’iyi mitwe yitwaje intwaro ibarizwa ku butaka bwayo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?