BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Kuzamura Impessa irashaka kugira ikipe ikina icyiciro cya Mbere

Kuzamura Impessa irashaka kugira ikipe ikina icyiciro cya Mbere

admin
Last updated: September 11, 2022 12:37 am
admin
Share
SHARE

Ubwo herekanwaga umutoza mukuru w’ikipe ya Impessa FC ikina muri shampiyona y’icyiciro cya Kabiri, uyu mutoza yatangaje ko kimwe mu byihutirwa byo gufasha iyi kipe ari ukuyizana mu cyiciro cya Mbere.

Rwibutso Claver yagizwe umutoza wa Impessa FC mu myaka itatu iri imbere

Ku wa Gatanu tariki 9 Nzeri 2022, ubuyobozi bw’ikipe ya Impessa FC bwatangaje ko Rwibutso Claver ari we mutoza mukuru w’iyi kipe yiganjemo abakiri bato.

Uyu muhango wabereye muri Amaris Hotel iherereye mu Mujyi wa Kigali, hanavugiwemo byinshi bijyanye n’ubuzima bw’ikipe bwa buri munsi n’indi mishinga iteganywa.

Uyu mutoza, Rwibutso Claver, yasinye amasezerano y’imyaka itatu ariko muri iyo myaka akaba agomba kuzamura ikipe mu cyiciro cya Mbere. Uretse ibi kandi, uyu mutoza agomba gufasha ikipe mu mishinga yagutse ifite hagamijwe kuyishakira iterambere rirambye.

Umuhango wo kwerekana uyu mutoza ku mugaragaro, wanahuriranye no kuba wari umunsi we w’amavuko ndetse ubuyobozi bumwereka ko bumwishimiye bwifatanya nawe muri ibi byishimo.

Rwibutso yatoje amakipe arimo Pepiniere FC, Aspor FC n’izindi. Asanzwe afite ikipe y’ingimbi yitwa Agaciro Footbal Academy.

Ubwo impande zombi zashyiraga umukono ku masezerano
Yakatiwe umutsima ku munsi we w’amavuko
Rwibutso [uri iburyo] yabanje kuganira na perezida wa Impessa FC
Akanyamuneza kagaragaraga ku maso yabo bombi
Uyu muhango wahuriranye n’umunsi w’isabukuru ye
Impessa FC ikina mu cyiciro cya Kabiri
Impessa FC ikina mu cyiciro cya Kabiri

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?