BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kohereza abimukira bavuye mu Bwongereza baza mu Rwanda byahawe umurongo

Kohereza abimukira bavuye mu Bwongereza baza mu Rwanda byahawe umurongo

admin
Last updated: December 19, 2022 2:52 pm
admin
Share
SHARE

Urukiko Rukuru mu Bwongereza rwemeje ko kohereza abimukira binjiye muri iki gihugu mu buryo butemewe n’amategeko mu Rwanda, ubu byemewe n’amategeko.

Uwari Home Secretary mu Bwongereza, Mme Priti Patel na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr Vincent Biruta nyuma yo gusinya amasezerano ajyanye n’abimukira (Archives)

Abatabishyigikiye bamaganaga iby’amasezerano yo kohereza izi mpunzi mu Rwanda bavuga ko bidakurikije amategeko.

Umwanzuro w’urukiko wo kuri uyu wa Mbere, tariki 19 Ukuboza 2022, uvuga ko kohereza abimukira mu Rwanda nta tegeko ryishwe, bityo ko nta mpamvu n’imwe yatuma abageze mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko basaba ubuhungira batakoherezwa mu Rwanda, bagafashwa kubisaba mu buryo bwemewe n’amategeko.

BBC ivuga ko urukiko rwashyizeho igihe cyo kujurira kuri iki cyemezo kugeza muri Mutarama umwaka utaha.

U Rwanda n’u Bwongereza byagiranye amasezerano yo kohereza mu Rwanda, abimukira ndetse bakajya bahafashirizwa.

Byari biteganyijwe ko icyiciro cya mbere cy’abimukira kigera mu Rwanda ku wa 14 Kamena 2022, gusa byaje guhagarara ku munota wa nyuma.

Ni amasezerano bamwe bamaganaga bavuga ko binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga agenga impunzi, ndetse bigamije ubucuruzi atari ugufasha aba bimukira.

Gusa u Rwanda rwakomeje kuvuga ko rwemeye gutanga ubu bufasha kubera ko basanzwe babikora, nk’uko byakozwe ku mpunzi zo muri Libya, ndetse nta yindi mpamvu ibiri inyuma Atari ugufasha kubera bazi ubuzima bubi aba bimukira baba babayemo.

Amasezerano hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohohereza aba bimukira harimo ingingo ivuga ko u Rwanda ruzahabwa miliyoni 120 z’ama-pound ku ikubitiro yo gushyira mu bikorwa byo guteza imbere aba bimukira mu burezi, amahugurwa n’ibindi bakenera.

U Bwongereza bwahisemo kohereza abimukira mu Rwanda nyuma y’uko hari umubare munini w’abimukira bwakiriye basaba ubuhungiro, nko mu 2021 bwakiriye abagera ku 48,540.

Abimukira Ubwongereza buzohereza mu Rwanda bamenyekanye

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Ngabo says:
    December 20, 2022 at 10:14 am

    Nimutekereze kuba abimukira bashaka kujya mu Bwongereza bakangishwa koherezwa mu Rwanda! Ishema biduteye ni bwoko ki buriya?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?