BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Knowless yashimagije Miss Jolly wujuje imyaka 26

Knowless yashimagije Miss Jolly wujuje imyaka 26

admin
Last updated: November 15, 2022 4:33 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzikazi nyarwanda Butera Knowless wigaruriye imitima y’abatari bake yashimagije Miss Mutesi Jolly wagize isabukuru ye y’amavuko.

Miss Mutesi Jolly yujuje imyaka 26

Ni ubutumwa Knowless yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yahishuye ko yamubereye imfura ndetse ari agatangaza kumugira mu buzima. Ni mu butumwa yakurikije amafoto agaragaza ubwiza n’ikimero cya nyampinga w’u Rwanda 2016.

Butera Knowless yateruye agira ati “Mwamikazi mukundwa Mutesi Jolly, ninde wakureze mu byukuri? Nukuri akwiye umudari kubera akazi keza yakoze. Uri udasanzwe kandi nshimira kuba ngufite mu buzima bwanjye. Uburyo ushimisha abo ukunda ni agatangaza, ntewe ishema nawe n’ibyo ukora byose.”

Knowless akaba yashimye ubupfura bwa Miss Jolly ndetse amwifuriza kuryoherwa kuri uyu munsi udasanzwe yizihizaho isabukuru ye y’amavuko.

Miss Mutesi Jolly yashimiye Knowless kuri ubu butumwa bwo kumwifuriza isabukuru nziza, amwizeza ko azakomeza kumunezera kurusha.

Ubutumwa bwa Knowless buje bukurikira ubwo Miss Jolly nawe yari yamugenewe ubwo yizihizaga isabukuru y’amavuko kuwa 1 Ugushyingo uyu mwaka, aho nawe yari yagaragaje ko Knowless ari umunyembaraga, akaba n’umugore w’imfura.

Miss Mutesi Jolly yabonye izuba kuwa 15 Ugushyingo 1996, avukira mu gihugu cya Uganda ari naho yize amashuri y’incuke n’abanza ku bigo bya Baby Angel Nursary School na Hima Primary School. Icyiciro rusange yakize ku ishuri rya Kagarama Secondary School muri Kicukiro, aho yavuye yerekeza muri King David Academy.

Abyarwa na Serwiri Sylver na Ingabire Immaculee, ni umwana w’umuhererezi mu muryango w’abana batandatu, igisekuru cye kigera ku bami bategetse u Rwanda Kigeli III Ndabarasa na Kigeli IV Rwabugiri.

Miss Mutesi Jolly yegukanye ikamba rya Miss Rwanda, tariki 27 Gashyantare 2016, nyuma yaho yaje kujya mu kanama nkemurampaka katoranyaga abakobwa bavamo Miss Rwanda. Kugeza ubu ni visi perezida wa Miss East African.

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?