BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Kiyovu yemeje ko yatandukanye n’Abanya-Sudan babiri

Kiyovu yemeje ko yatandukanye n’Abanya-Sudan babiri

admin
Last updated: August 2, 2022 12:11 pm
admin
Share
SHARE

Mu ntangiriro za Kamena uyu mwaka, ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yasinyishije abakinnyi babiri bakomoka muri Sudan. Abo ni Sheiboub Sharaf na Mano John.

Sheiboub na Mano John batandukanye na Kiyovu Sports

Nk’uko babitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru, aba bakinnyi bombi bari basinye amasezerano y’imyaka ibiri ariko byarangiye nta n’imyitozo bakoreye muri iyi kipe.

Nyuma y’ibyavuzwe ko ubuyobozi bwa Kiyovu Sports hari ibyo butatangiye igihe by’aba bakinnyi bigatuma bavuga ko bashobora gusesa amasezerano bari basinye, Mvukiyehe Juvénal uyobora iyi kipe yarabihakanye ndetse ahamya ko aba bakinnyi batujuje amasezerano bagiranye n’ikipe bikaba impamvu yo kudahabwa ibyo bishyuzaga.

Perezida wa Kiyovu yagize ati “Twabasabye kuduha ibyangombwa birimo ibaruwa ibarekura kugira ngo natwe twuzuze inshingano zacu ariko ntabyo bakoze. Ndetse twageze aho tugira impungenge z’impamvu batabiduha kandi amategeko abibemerera.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko bamaze kubona ko aba bakinnyi batari gutanga ibyangombwa basabwe, bababwiye ko batazahabwa amafaranga bumvikanye n’ikipe mu gihe bataratanga ibyo byangombwa.

Aha niho uyu muyobozi yahereye ahamya ko aba bakinnyi bamaze gutandukana na Kiyovu Sports ndetse bo [abakinnyi] bemeye ko bakoreye ikipe amakosa banayasabira imbabazi kugira ngo babe bagaruka mu kazi ariko babwirwa ko bidashoboka kuko umutoza mushya yatangiye ibiganiro n’abazabasimbura.

Ati “Haje kubamo kutumvikana neza badusaba gusesa amasezerano, turabibemerera, tubemerera ko twasesa amasezerano mu gihe cyose badatanze ibyo byangombwa ariko bagasubiza ibyo twabatanzeho. Nyuma yo gusanga batari gukora ibyo twabasabye kandi bari gukorera ikipe amakosa, ubu bari gusaba kugaruka. Ikibazo ni uko bari gusaba kugaruka twaramaze gushaka abajya mu myanya yabo.”

Yongeyeho ati “Bahoze banadusaba ko bakubahiriza ibyo twari twabasabye, ku bwanjye numvise bitumvikana neza, cyane ko ku myanya yabo twamaze gushaka abakina mu myanya yabo kandi umutoza mushya yashatse abazabasimbura. Ku ruhande rwa Kiyovu nta makosa twigeze dukora.”

Iyo usesenguye ibyo perezida wa Kiyovu Sports yasubije ku kibazo cy’aba bakinnyi, usanga ikipe yaramaze gutandukana nabo kuko yanabakuye mu mibare y’ikipe.

Sharaf Eldin w’imyaka 28 yanyuze mu makipe nka Simba SC muri Tanzania hagati ya 2019-2020 ndetse na Al Marrekh y’iwabo, yakiniye hagati ya 2014-2015 mu gihe kandi yananyuze muri Al Hilal Club nayo y’iwabo hagati ya 2016-2019. Kuva muri 2020 yakiniraga ikipe ya AS Soliman yo muri Tunisia, yanakiniye kandi ikipe y’igihugu ya Sudan yaba iy’abato ndetse n’inkuru yakiniye kuva mu 2019 kugeza ubu. Uyu mukinnyi aho yaciye hose yahegukanye ibikombe birindwi.

Mvukiyehe Juvenal uyobora Kiyovu yemeje ko Abanya-Sudan baherutse gusinyira iyi kipe hatangiye gushakwa abasimbura be
Mano John nawe yari yasinyiye Kiyovu imyaka ibiri

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?