BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Kiyovu yemeje ko yatandukanye n’Abanya-Sudan babiri

Kiyovu yemeje ko yatandukanye n’Abanya-Sudan babiri

admin
Last updated: August 2, 2022 12:11 pm
admin
Share
SHARE

Mu ntangiriro za Kamena uyu mwaka, ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yasinyishije abakinnyi babiri bakomoka muri Sudan. Abo ni Sheiboub Sharaf na Mano John.

Sheiboub na Mano John batandukanye na Kiyovu Sports

Nk’uko babitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru, aba bakinnyi bombi bari basinye amasezerano y’imyaka ibiri ariko byarangiye nta n’imyitozo bakoreye muri iyi kipe.

Nyuma y’ibyavuzwe ko ubuyobozi bwa Kiyovu Sports hari ibyo butatangiye igihe by’aba bakinnyi bigatuma bavuga ko bashobora gusesa amasezerano bari basinye, Mvukiyehe Juvénal uyobora iyi kipe yarabihakanye ndetse ahamya ko aba bakinnyi batujuje amasezerano bagiranye n’ikipe bikaba impamvu yo kudahabwa ibyo bishyuzaga.

Perezida wa Kiyovu yagize ati “Twabasabye kuduha ibyangombwa birimo ibaruwa ibarekura kugira ngo natwe twuzuze inshingano zacu ariko ntabyo bakoze. Ndetse twageze aho tugira impungenge z’impamvu batabiduha kandi amategeko abibemerera.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko bamaze kubona ko aba bakinnyi batari gutanga ibyangombwa basabwe, bababwiye ko batazahabwa amafaranga bumvikanye n’ikipe mu gihe bataratanga ibyo byangombwa.

Aha niho uyu muyobozi yahereye ahamya ko aba bakinnyi bamaze gutandukana na Kiyovu Sports ndetse bo [abakinnyi] bemeye ko bakoreye ikipe amakosa banayasabira imbabazi kugira ngo babe bagaruka mu kazi ariko babwirwa ko bidashoboka kuko umutoza mushya yatangiye ibiganiro n’abazabasimbura.

Ati “Haje kubamo kutumvikana neza badusaba gusesa amasezerano, turabibemerera, tubemerera ko twasesa amasezerano mu gihe cyose badatanze ibyo byangombwa ariko bagasubiza ibyo twabatanzeho. Nyuma yo gusanga batari gukora ibyo twabasabye kandi bari gukorera ikipe amakosa, ubu bari gusaba kugaruka. Ikibazo ni uko bari gusaba kugaruka twaramaze gushaka abajya mu myanya yabo.”

Yongeyeho ati “Bahoze banadusaba ko bakubahiriza ibyo twari twabasabye, ku bwanjye numvise bitumvikana neza, cyane ko ku myanya yabo twamaze gushaka abakina mu myanya yabo kandi umutoza mushya yashatse abazabasimbura. Ku ruhande rwa Kiyovu nta makosa twigeze dukora.”

Iyo usesenguye ibyo perezida wa Kiyovu Sports yasubije ku kibazo cy’aba bakinnyi, usanga ikipe yaramaze gutandukana nabo kuko yanabakuye mu mibare y’ikipe.

Sharaf Eldin w’imyaka 28 yanyuze mu makipe nka Simba SC muri Tanzania hagati ya 2019-2020 ndetse na Al Marrekh y’iwabo, yakiniye hagati ya 2014-2015 mu gihe kandi yananyuze muri Al Hilal Club nayo y’iwabo hagati ya 2016-2019. Kuva muri 2020 yakiniraga ikipe ya AS Soliman yo muri Tunisia, yanakiniye kandi ikipe y’igihugu ya Sudan yaba iy’abato ndetse n’inkuru yakiniye kuva mu 2019 kugeza ubu. Uyu mukinnyi aho yaciye hose yahegukanye ibikombe birindwi.

Mvukiyehe Juvenal uyobora Kiyovu yemeje ko Abanya-Sudan baherutse gusinyira iyi kipe hatangiye gushakwa abasimbura be
Mano John nawe yari yasinyiye Kiyovu imyaka ibiri

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?