BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Kiyovu Sports yasubitse Inteko rusange

Kiyovu Sports yasubitse Inteko rusange

admin
Last updated: September 29, 2022 10:41 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bubicishije ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe, bwatangaje ko bwasubitse inama y’inteko rusange yagombaga abanyamuryango b’iyi kipe kuwa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2022.

Inteko rusange ya Kiyovu Sports yasubitswe

Nyuma y’uko Perezida wari uwa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal uyu munsi ku wa 29 Nzeri 2022 yatangaje ko yasezeye kuri uwo mwanya wo kuba Perezida w’ikipe, hahise haba izindi mpinduka.

Bamaze gutangaza ko Inama y’inteko rusange y’abanyamuryango b’ikipe itakibaye.

Inama y’inteko rusange yari iteganyijwe kuba ku wa 1 Ukwakira 2022 yongeye gusubikwa. Iri subikwa ry’inama ribaye ku nshuro ya Gatatu.

Ubwa mbere inama y’inteko rusange y’abanyamuryango yari iteganyijwe kuba ku wa 24 Nzeri ku isaha ya saa tatu z’amanywa (09:00 AM) kubera ko yari yahuriranye n’umunsi w’umuganda bayimurira ikigoroba cy’uwo munsi ku isaha ya Saa Saba z’amanywa (01:00 PM). Uwo munsi wose ntiyabaye byarangiye bayimuriye kuri tariki 01/10 /2022.

Binyuze ku rukuta rwa Instagram rw’ikipe ya Kiyovu Sports, ubuyobozi bwanditse ubutumwa buvuga ko inama yari iteganyijwe kuwa Gatandatu w’iki Cyumweru itakibaye.

Ubuyobozi bw’ikipe mu butumwa bwanditse bwagize buti “Kubera ubusabe bw’abagize ubutegetsi bwa Kiyovu Sports Association inama yari iteganyijwe ku itariki ya 1/10/2022 ntikibaye”.

Basoje ibaruwa bamenyesha abanyamuryango babo ko ikindi gihe inama y’inteko rusange izabera bazakimenyeshwa.

Muri iyi kipe ibintu bikomeje gufata indi ntera nyuma y’uko Perezida wayo yeguye kuri uwo mwanya.

Hari amakuru avuga ko n’ikipe ishobora kudakina umukino bafitanye na Sunrise kuri stade ya Kigali kuwa Gatandatu tariki 1 Ukwakira.

Kiyovu Sports ishobora kudakina umukino w’umunsi wa Kane wa shampiyona
Abakunzi Kiyovu Sports ntabwo bari mu bihe byiza

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?