BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Kiyovu Sports yabonye umutoza ukomoka mu Bubiligi

Kiyovu Sports yabonye umutoza ukomoka mu Bubiligi

admin
Last updated: July 29, 2022 11:51 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma yo gutandukana n’itsinda ry’abari abatoza ba Kiyovu Sports, ubuyobozi bw’iyi kipe bwahise bushaka igisubizo cy’abazabasimbura kandi bakazitwara neza.

Perezida wa Kiyovu niwe wagiye kwiyakirira umutoza mushya uzato iyi kipe

Kuri uyu wa Gatanu mu masaha y’umugoroba, nibwo ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buyobowe na Mvukiyehe Juvénal, bwatangaje ko Umubiligi ufite amamoko yo muri DRC, Alain-André Landeut ari we mutoza mukuru w’iyi kipe.

Uyu mutoza yahawe inshingano zo gutoza Kiyovu Sports mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere n’ubwo ubuyobozi bw’ikipe bwifuzaga kumusinyisha amasezerano y’imyaka itanu ariko ababera ibamba.

Akimara kwerekanwa, uyu mutoza w’imyaka 45 yavuze ko ikimuzanye ari ugukomereza aho yasanze ikipe kuko atayisanze habi ariko kandi ahamya ko Kiyovu Sports ari ikipe ikomeye.

Perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yavuze ko bizeye kandi bafitiye icyizere uyu Mubiligi ahanini bitewe n’ubuhanga bamuziho.

Uyu muyobozi yavuze ko bo bifuzaga kumugumana mu myaka itanu iri imbere, ariko yongeraho ko mu gihe ikipe itagera ku ntego zayo no gutandukana ku mpande zombi byarebwaho.

Ati “Sinzi impamvu mwatunguwe no kuba yasinye imyaka itatu. Ubundi twe twifuzaga ko yadusinyira imyaka itanu ariko aranga. Uburyo bwo gutandukana burahari kandi nta ruhande rubangamiwe.”

Alain-André Landeut yatoje amakipe arimo DC Motema Pembe, Berkum Chelse, CIK na Kaloum.

Perezida wa Kiyovu Sports yishimiye umutoza mushya
Ni umutoza wemera ko yaje mu ikipe isanzwe ikomeye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?