BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Kiyovu Sports yabonye umutoza ukomoka mu Bubiligi

Kiyovu Sports yabonye umutoza ukomoka mu Bubiligi

admin
Last updated: July 29, 2022 11:51 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma yo gutandukana n’itsinda ry’abari abatoza ba Kiyovu Sports, ubuyobozi bw’iyi kipe bwahise bushaka igisubizo cy’abazabasimbura kandi bakazitwara neza.

Perezida wa Kiyovu niwe wagiye kwiyakirira umutoza mushya uzato iyi kipe

Kuri uyu wa Gatanu mu masaha y’umugoroba, nibwo ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buyobowe na Mvukiyehe Juvénal, bwatangaje ko Umubiligi ufite amamoko yo muri DRC, Alain-André Landeut ari we mutoza mukuru w’iyi kipe.

Uyu mutoza yahawe inshingano zo gutoza Kiyovu Sports mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere n’ubwo ubuyobozi bw’ikipe bwifuzaga kumusinyisha amasezerano y’imyaka itanu ariko ababera ibamba.

Akimara kwerekanwa, uyu mutoza w’imyaka 45 yavuze ko ikimuzanye ari ugukomereza aho yasanze ikipe kuko atayisanze habi ariko kandi ahamya ko Kiyovu Sports ari ikipe ikomeye.

Perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yavuze ko bizeye kandi bafitiye icyizere uyu Mubiligi ahanini bitewe n’ubuhanga bamuziho.

Uyu muyobozi yavuze ko bo bifuzaga kumugumana mu myaka itanu iri imbere, ariko yongeraho ko mu gihe ikipe itagera ku ntego zayo no gutandukana ku mpande zombi byarebwaho.

Ati “Sinzi impamvu mwatunguwe no kuba yasinye imyaka itatu. Ubundi twe twifuzaga ko yadusinyira imyaka itanu ariko aranga. Uburyo bwo gutandukana burahari kandi nta ruhande rubangamiwe.”

Alain-André Landeut yatoje amakipe arimo DC Motema Pembe, Berkum Chelse, CIK na Kaloum.

Perezida wa Kiyovu Sports yishimiye umutoza mushya
Ni umutoza wemera ko yaje mu ikipe isanzwe ikomeye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?