BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kirehe: Ubujura bwibasira imyaka n’amatungo buteye inkeke

Kirehe: Ubujura bwibasira imyaka n’amatungo buteye inkeke

admin
Last updated: July 25, 2022 7:52 am
admin
Share
SHARE
Bamwe mu baturage bo mu Tugari twa Curazo na Nyamiryango two mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe bavuze ko bahangayikishijwe n’ubujura bukunze kwibasira imyaka n’amatungo , basaba ubuyobozi kugira icyo bukora.Ubuyobozi bwavuze ko hamaze gufatwa 30 bakekwa.
Abaturage bavuga ko abajura bitwikira ijoro  bagotobora amazu, bakiba ndetse ngo hari n’ubwo bategerwa mu nzira bakabambura.

Umwe yagize ati“Ntibareka igitoki ngo cyere,n’amazu bari kuyatobora bakadutwarira imyaka, bakadusanga mu mazu nijoro.”

Undi nawe ati“No mu nzu hasigaye batwinjirana, batwara ihene,inkoko bazimazemo muri uyu Mudugudu.”

Aba baturage bavuze ko kuri ubu nta myaka igisarurwa kuko yibirwa mu murima.

Umwe ati“Bituma tutizigama ,no kubona ubwisungane mu kwivuza nabyo ni ikibazo.Nk’ubu nta muntu ugifite imyumbati mu murima, uragenda ugasanga ibiti bigaramye barayiranduye.”

Undi nawe ati“Umuntu yarizigamaga akabika umwumbati ku gasozi , none ntukirimo, umuntu akizigama agasiga umugozi w’ibijumba none nawo ntukirimo.”

Aba baturage bavuga kandi ibi bikorwa by’ubujura atari ubwa mbere bigaragaye, bagasaba ko inzego z’umutekano zagerageza kubuhosha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatore,Ntagwabira Osward, yavuze ko hamaze gutabwa muri yombi bagera kuri 30 bityo ko inzego z’umutekano zidasinziriye.

Yagize ati“Twarabikurikiranye cyane , nk’ubu hari abantu bakekwaho ubujura bageze kuri 30  bari mu kigo cyinyuramo abantu by’igihe gito cya Nyamugari. (Nyamugari Transit Center), twagiye tuvana mu bice bitandukanye, abo ni ababonewe ibimenyetso. Ni ukuvuga ngo ababa baburiwe ibimenyetso tuba dukomeza kubakurikirana, kugira ngo tumenye neza ko koko ibyo bakekwaho niba ari ukuri.”

Uyu muyobozi yagiriye inama abaturage gukaza amarondo kugira ngo ibi bikorwa bibashe guhagarara.

Aba baturage bo Murenge wa Gatore bashyira mu majwi urubyiruko rudafite akazi ko ari rwo rwaba rwishora mu bikorwa by’ubujura ndetse n’ubugizi bwa nabi.

IVOMO: RADIO/TV1

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?