BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Kinshasa :Umusirikare ushinjwa gusomana n’umukunziwe yambaye impuzankano yakatiwe

Kinshasa :Umusirikare ushinjwa gusomana n’umukunziwe yambaye impuzankano yakatiwe

admin
Last updated: October 30, 2025 10:22 am
admin
Share
SHARE

Nyuma yogusabirwa n’ubushinjacyaha imyaka 10 y’igifungo Urukiko Rukuru rw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye Adjudante Sarah Ebabi igifungo cy’amezi 12 gisubitse, azira gusomana n’umukunzi we yambaye impuzankano.

Ebabi wakoreraga mu rwego rushinzwe iperereza, n’umukunzi we tariki ya 19 Ukwakira bagiye kwifotoreza muri ‘Raw Studio’ amafoto ateguza ubukwe bwabo buteganyijwe tariki ya 31 Ukwakira 2025.

Ibibazo byavutse ubwo ‘Raw Studio’ yashyiraga amafoto n’amashusho yabo ku rubuga rwa TikTok, kuko Ebabi yahise atabwa muri yombi tariki ya 24 Ukwakira.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare tariki ya 28 Ukwakira bwabwiye urukiko ko Ebabi yaharabitse igisirikare cy’igihugu, anarenga ku mabwiriza y’ubuyobozi. Byose byashingiraga ku kuba yarasomanye yambaye impuzankano.

Ebabi yabwiye urukiko ko Raw Studio yiyemerera ko ari yo yashyize aya mashusho n’amafoto kuri TikTok itabanje kumusaba uburenganzira, bityo ko ari yo ikwiye gukurikiranwa, byaba ngombwa ikabihanirwa.

Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka 10, we asubiza ati “Urukiko nirungira umwere, nzashima Imana. Nirumpamya icyaha, nabwo nzashima Imana, umugenga w’ibihe n’ibiba byose.”

Ku mugoroba wo ku wa 29 Ukwakira, urukiko rwahamije Ebabi kurenga ku mabwiriza agenga igisirikare, rumukatira igifungo gisubitse.

Bisobanuye ko Ebabi azakora ubukwe nk’uko yabiteganyije ariko gihe cy’amezi 12, asabwa kwitwararika kugira ngo atazajyanwa muri gereza.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

1 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
Ubutabera

Muhayimana yasabiwe gufungwa imyaka 15

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?