BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Nov 3, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Kinshasa :Umusirikare ushinjwa gusomana n’umukunziwe yambaye impuzankano yakatiwe

Kinshasa :Umusirikare ushinjwa gusomana n’umukunziwe yambaye impuzankano yakatiwe

admin
Last updated: October 30, 2025 10:22 am
admin
Share
SHARE

Nyuma yogusabirwa n’ubushinjacyaha imyaka 10 y’igifungo Urukiko Rukuru rw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye Adjudante Sarah Ebabi igifungo cy’amezi 12 gisubitse, azira gusomana n’umukunzi we yambaye impuzankano.

Ebabi wakoreraga mu rwego rushinzwe iperereza, n’umukunzi we tariki ya 19 Ukwakira bagiye kwifotoreza muri ‘Raw Studio’ amafoto ateguza ubukwe bwabo buteganyijwe tariki ya 31 Ukwakira 2025.

Ibibazo byavutse ubwo ‘Raw Studio’ yashyiraga amafoto n’amashusho yabo ku rubuga rwa TikTok, kuko Ebabi yahise atabwa muri yombi tariki ya 24 Ukwakira.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare tariki ya 28 Ukwakira bwabwiye urukiko ko Ebabi yaharabitse igisirikare cy’igihugu, anarenga ku mabwiriza y’ubuyobozi. Byose byashingiraga ku kuba yarasomanye yambaye impuzankano.

Ebabi yabwiye urukiko ko Raw Studio yiyemerera ko ari yo yashyize aya mashusho n’amafoto kuri TikTok itabanje kumusaba uburenganzira, bityo ko ari yo ikwiye gukurikiranwa, byaba ngombwa ikabihanirwa.

Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka 10, we asubiza ati “Urukiko nirungira umwere, nzashima Imana. Nirumpamya icyaha, nabwo nzashima Imana, umugenga w’ibihe n’ibiba byose.”

Ku mugoroba wo ku wa 29 Ukwakira, urukiko rwahamije Ebabi kurenga ku mabwiriza agenga igisirikare, rumukatira igifungo gisubitse.

Bisobanuye ko Ebabi azakora ubukwe nk’uko yabiteganyije ariko gihe cy’amezi 12, asabwa kwitwararika kugira ngo atazajyanwa muri gereza.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Ukekwaho kugira uruhare muri jenoside yafashwe agiye kwaka serivise za leta

3 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umuvugabutumwa wagaragaye asaba abakiristu imitungo kugira ngo bakubirwe kenshi yatawe muri yombi

2 Min Read
Ubutabera

Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afungiwe ruswa yagizwe umwere 

1 Min Read
Ubutabera

Abofisiye ba RDF na RCS mu bashinjwa muri dosiye ya APR FC

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?