BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kiliziya yo mu Rwanda iri gusengera Papa Benedigito XVI urembye

Kiliziya yo mu Rwanda iri gusengera Papa Benedigito XVI urembye

admin
Last updated: December 29, 2022 1:05 pm
admin
Share
SHARE

Umwepisikopi wa Archdiyosezi ya Kigali, Antoine Cardinal Kambanda yifatanyije n’umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis mu gusabira mu masengesho Papa  Benedict XVI urembeye mu bitaro.

Papa Benedict XVI uri mu kiruhuko cy’izabukuru akaba arembye

Papa Benedict XVI weguye ku nshingano zo kuyobora kiliziya Gatolika mu isi akajya mu kiruhuko cy’izabukuru, amakuru ava i Roma aremeza ko arembye, aho amafoto amugaragaza aryamye mu gitanga ndetse arimo na za serumu.

Umwepisikopi wa Archdiyosezi ya Kigali, Antoine Cardinal Kambanda abinyujije kuri Twitter yavuze ko kiliziya Gatolika mu Rwanda yifatanyije na Papa Fransisiko mu gutakambira Imana ngo yorohereye Papa uri mu kiruhuko cy’izabukuru akaba arwaye.

Yagize ati “Kiliziya umuryango w’Imana mu Rwanda, twifatanyije na Nyirubutungane Papa Fransisiko hamwe na Kiliziya yose ku isi, gutakambira Nyagasani Imana tubinyujije ku mubyeyi Bikira Mariya Nyina wa Jambo ngo aramire ubuzima bwa Papa Benedigito wa XVI uri mu kiruhuko cy’izabukuru.”

Ubutumwa bwa Cardinal Kambanda buje bukurikira ubwa Papa Francis busabira Benedigito wa XVI urwaye, aho kuri uyu wa Gatatu yatangazaga ko arembye ndetse agasaba abantu amasengesho yo gusabira uyu mugabo wakoreye kiliziya ndetse akanayigaragariza urukundo.

Mu 2013 nibwo Papa Benedigito wa XVI yatunguye isi ubwo yatangazaga ko yeguye ku nshingano zo kuba umushumba wa Kiliziya Gatolika mu isi, aba abaye uwa mbere ubikoze mu myaka 600, kuko uwaherukaga kwegura yari Gregory XII mu mwaka w’ 1415.

Mu 2020, i Vatican bari batangaje ko Papa Benedigito wa XVI afite ikibazo cy’uburwayi ariko budakanganye.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?