BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kigali – Visi Mayor yafotowe atabizi, igikorwa cye cyakoze benshi ku mutima

Kigali – Visi Mayor yafotowe atabizi, igikorwa cye cyakoze benshi ku mutima

admin
Last updated: December 20, 2022 8:02 pm
admin
Share
SHARE

Ku cyumweru tariki 18 Ukuboza, 2022 mu masaha y’umugoroba, amaso yari ahanze Igikombe cy’Isi muri Qatar, ariko kuri iyo saha ya saa 17h00 bamwe babanje barebye umupira bitotomba bitewe n’imvura nyinshi ivanze n’umuyaga yaguye i Kigali muri ayo masaha.

Visi Mayor Urujeni Martine atanguranwa n’imodoka ubwo yarimo avana mu nzira igishami cy’umukindo

Visi Mayor w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imibereho myiza n’Ubukungu, Mme Urujeni Martine na we yasiganwaga n’igihe avuye mu Mujyi, Nyarugenge yerekeza Kimironko, Gasabo.

Yari mumodoka nziza y’abayobozi nk’uko umuturage waduhaye amafoto y’uyu muyobozi abivuga, ageze hafi ya KBC, imbere y’ubusitani bwa Minisiteri y’Ingabo z’Igihugu, MINADEF, nibwo yasanze mu nzira haguyemo amashami y’umukindo.

Uwaduhaye amafoto, avuga ko batunguwe no kubona umugore w’umusirimu aparitse imodoka, akavamo, agatoragura ibyo bishami mu muhanda, n’amababi yabyo ubundi akongera akatsa imodoka akagenda.

Ati “Nakunze ko ari umuyobozi utanga urugero ku bandi.”

Umujyi wa Kigali ni hamwe mu hantu havugwa ku rwego rw’isi ko, hakeye cyane uregeranyije n’indi mijyi

Iyi mvugo imaze kwamamara, ntabwo Abanyarwanda bakwiye kuyifata gutyo gusa, n’ubwo gihamya yabyo iri mu bihembo uyu Mujyi wagiye uhabwa ku rwego mpuzamahanga.

Ubu ibikombe bimaze kuba bitanu, Umujyi wa Kigali ubitse kubera kuba ukeye n’imbaraga ushyira mu isuku yawo.

Muri uyu mwaka wa 2022, Umujyi wa Kigali ufite ibikombe bitatu muri uru rwego. Ikitwa Initiatives of digitizing land services, smart cities initiatives and citizen empowerment, cyatanzwe na Leta ya Azerbaijan na UCLG Africa mu mwaka wa 2022, hari ikitwa Local Africa Public Service award, na cyo cyatanzwe muri 2022, n’ikitwa Wetland City award, (gufata neza ibishanga), na cyo cyatanzwe muri 2022.

Ibindi bikombe ni ikitwa Bloomberg Philanthropies Mayors challenge award, cyahawe Umujyi wa Kigali mu mwaka wa 2021, n’ikitwa UN HABITANT AWARD, Umujyi wa Kigali wakibonye muri 2016.

Mu kiganiro Visi Mayor w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imibereho myiza n’Ubukungu, Mme Urujeni Martine yahaye UMUSEKE, yavuze ko iby’amafoto yafotowe atabizi.

Bishobora kuba ibyo yakoze bidakomeye ariko kuba intangarugero bigaragarira ahantu hose

Yakomeje agira ati “Hari igishami cy’umukindo cyari cyaguye mu muhanda ngikuraho. Nta n’ubwo namenye ko hari uwamfotoye! Yarayatangaje se? Hehe ko ntabibonye?”

Gira neza wigendere ni imvugo ya kera y’Umunyarwanda! Naho Perezida Paul Kagame mu mwaka wa 2016, yigeze kuvuga ati “Ntabwo dukeneye umuterankunga wo kudufasha gusukura aho dutuye.”

Isuku tubona ku mihanda myiza y’Umujyi wa Kigali, ikwiye kuba ubuzima bwacu bwa buri munsi, ikagera mu ngo zacu, mu bwiherero, ahari ibikorwa remezo hahurira abantu benshi, no ku mubiri wacu.

Mme Urujeni Martine yatowe nk’Umujyanama mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali tariki 25/03/2022, kuri iyo tariki atorerwa kuba Visi Mayor w’Umujyi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage n’ibijyanye n’Ubukungu.

Visi Mayor yasubiye inyuma ajya gutoragura n’utubabi twasigaye mu muhanda
Visi Mayor akwiye kubera benshi intangarugero

HATANGIMANA Ange Eric/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
13 Comments
  • REMERA Eugene says:
    December 21, 2022 at 6:23 am

    Ni umuyobozi mwiza Kandi akaba umunyarwandakazi ufite ubumuntu.
    God bless her!

    Reply
  • UMWALI says:
    December 21, 2022 at 6:40 am

    Mwakoze neza Muyobozi! Ibisubizo byinshi ku bibazo by’abanyarwanda biri mu biganza byabo. Urwo ni urugero rwiza! Guca bugufi, gutanga urugero,…

    Reply
  • Simbakodo says:
    December 21, 2022 at 6:50 am

    Aba nibo bakorera igihugu babishaka badakorera ijisho. Ni bakeya cyane nkaba

    Reply
  • Bimenyimana Aĺexis says:
    December 21, 2022 at 6:52 am

    Dushimiye leta yacu izi guhitamo neza abayobozi bakwiriye,kandi bashoboye,kuri vice Mayor URUJENI MARTINE,sugushaka kwifotoza,ahubwo nishyaka n’umutima asanzwe agira,akunda gukora kandi ntiyiganda,kandi yicisha bugufi n’umuhanga,turamuzi,kubamuzi nta gitangaza yakoze,kuko numudamu ukunda gukora,
    Turashimira His excellence wacu uduhitiramo abayobozi bakwiriye,bazi icyo gukora

    Reply
  • NGABONZIZA Abbas says:
    December 21, 2022 at 6:54 am

    Nuku kera abanyarwanda babaga bateye rwose. Nyakubahwa ndaguahimiye. Kandi unkoze ku mutima.

    Reply
  • ---------- says:
    December 21, 2022 at 8:50 am

    Umunyarwanda ukwiye!

    Reply
  • Ibyisi says:
    December 21, 2022 at 9:17 am

    Bikwiye kutubera isomo twese. VM Martine warakoze cyane. Abanyarwanda buri wese akoze icyo abona gikwiye twagera kuri byinshi. Iri shami uretse n’umwanda ryashoboraga no guteza ibindi bibazo nko kugusha amagare ,,, kandi siwe wa mbere wari uhanyuze abandi baricagaho bakigendera. Twese dukorere u Rwanda nk’abakorera ingo zacu. Uretse ko ubunebwe bwitiranyijwe n’ubusirimu no mu ngo zacu hari abatabikora akaribona akiruka ajya gutuka umukozi wo mu rugo ngo kuki atarikuyeho!

    Reply
  • Kadafi says:
    December 21, 2022 at 10:04 am

    Nta kidasanzwe yakoze n’uko ari umuyobozi ni nawe wari ukwiye kubikora kurenza abandi. Niba atumvikanye n’uwa mufotoye byaba ari bizima.

    Reply
  • Anonymous says:
    December 21, 2022 at 10:29 am

    Niwe mutegarugori u Rwanda rukeneye pe

    Reply
  • Jack says:
    December 21, 2022 at 1:17 pm

    Yakoze cyane kuba atikakaza nk’abandi bayobozi b’ubu! Mugere Rusizi mwirebere ukuntu bategekera mu buriri baryamye basabiramo raporo y’amafoto y’abageze kuri terrain muri mutuel saa kumi za mu gitondo kandi bo bibereye mw’ishuka! Genda Rusizi wagorwa

    Reply
  • Rwanda says:
    December 21, 2022 at 2:12 pm

    Ibyo yakoze ni inshingano ntagitangaza kirimo

    Reply
  • MUGABO says:
    December 21, 2022 at 2:13 pm

    KADAFI rwose wagiye ureka amarangamutima aganisha ku bibi, ubuse uyu mutegarugori yaba yarumvikanye gute n’ufotora?
    Ese inyungu yaba abifitemo yaba ari iyihe?

    Reply
  • zidane says:
    December 21, 2022 at 2:16 pm

    uriya niwe muyobozi ntabwo ari umutegetsi, abandi basaba amafoto y’igitondo ya MUSA saa kumi za mu gitondo bo bakibereye mu mashuka bari kumva agashyuhe ukumva barateruye bati kuko mutari kwifotora muri mu bukangurambaga? ukibaza niba we abyutse akaza kubafasha yapfa. Rusizi we ni wowe ubwirwa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?