BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Kigali: Umuvugabutumwa wagaragaye asaba abakiristu imitungo kugira ngo bakubirwe kenshi yatawe muri yombi

Kigali: Umuvugabutumwa wagaragaye asaba abakiristu imitungo kugira ngo bakubirwe kenshi yatawe muri yombi

admin
Last updated: October 21, 2025 4:18 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze Bucyanayandi Emmanuel, wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga asaba abakirisitu gutanga imitungo yabo kugira ngo Imana ibakubire inshuro eshanu.

Ni nyuma y’uko Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hakwirakwira amashusho magufi agaragaza Bucyanayandi ari mu rusengero, asaba abakirisitu gukora mu mifuka yabo, ikintu cya mbere kivamo bakagitanga kugira ngo Imana ibahe umugisha mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.

Ati “Imana irambwiye ngo icyo ufite mu kiganza, kora mu mufuka, icyo uzamuye mu mufuka, wazamura contaque, wazamura imfunguzo z’inzu, icyo uzamura cyose ukizane hano imbere y’Imana. Ngiye kubasengera kugira ngo ibyo mutanze, Imana iraba ibakubiye inshuro eshanu mu cyumweru kimwe.”

Bucyanayandi uvuga ko ari umuvugabutumwa, yakomeje ati “Niba ufite contaque, ugatanga imodoka imwe, mu cyumweru kimwe, uraba ubonye imodoka eshanu. Niba utanze inzu, mu cyumweru kimwe, Imana iraba ikubye inshuro eshanu. Niba utanze amafaranga, ari miliyoni, ziraba miliyoni eshanu mu cyumweru kimwe.”

RIB yatangaje ko uretse gusaba abakirisitu gutanga imitungo yabo, Bucyanayandi anakekwaho gutera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi, ababwira ko nibatayitanga, bazagira ibyago birimo urupfu n’indwara.

Uru rwego rwasobanuye ko rwamufashe ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, ubu akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Remera, mu gihe dosiye ye iri gutunganywa kugira ngo ishyikirijwe Ubushinjacyaha.

Abaturarwanda basabwe kudaha agaciro inyigisho zibizeza ibitangaza, kuko zigamije kubamaraho imitungo yabo no kubayobya, bakita ku murimo kugira ngo biteze imbere.

RIB na Polisi y’u Rwanda kandi byihanangirije abantu bose bitwaza ubuhanuzi bagamije kwiba abaturarwanda no kubariganya, ko batazihanganirwa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Ukekwaho kugira uruhare muri jenoside yafashwe agiye kwaka serivise za leta

3 Min Read
Ubutabera

Kinshasa :Umusirikare ushinjwa gusomana n’umukunziwe yambaye impuzankano yakatiwe

1 Min Read
Ubutabera

Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afungiwe ruswa yagizwe umwere 

1 Min Read
Ubutabera

Abofisiye ba RDF na RCS mu bashinjwa muri dosiye ya APR FC

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?