BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kigali: Umumotari yasanzwe mu gashyamba yapfuye, moto ye ntawayitwaye

Kigali: Umumotari yasanzwe mu gashyamba yapfuye, moto ye ntawayitwaye

admin
Last updated: September 14, 2022 12:01 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo uri mu Kigero cy’imyaka 35 wari usanzwe akora akazi ko gutwara abantu kuri Moto yasanzwe mu muhanda yapfuye, moto iri iruhande rwe. Bikekwa ko yishwe n’abagizi  ba nabi.

Abagenzacyaha batangiye iperereza ku cyishe uyu mumotari (Photo TV 1 Twitter)

UMUSEKE wamenye amakuru ko byabereye mu Mudugudu wa Nyakuguma, Akagari ka Kagasa, mu Murenge wa Gahanga, mu Karere ka Kicukiro.

Amakuru y’urwo rupfu yamenyekanye mu gitondo cyo  kuri uyu wa Gatatu, uwo mumotari yasangagwa mu gashyamba yashizemo umwuka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahanga, Rutubuka Emmanuel,yabwiye UMUSEKE ko amakuru bayamenye, ndetse ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha n’izindi zahageze ngo hakorwe iperereza.

Yagize ati “Twabimenye, yari afite amaraso bigaragara ko hari umuntu bashobora kuba barwanye. RIB yahageze, ibindi twabirekera inzego zibishinzwe.”

Uyu muyobozi yasabye abantu kuba maso bakicungira umutekano.

Yagize ati “Ni ugukomeza tukaba maso kuko bigaragara ko hari abashobora kuduca mu rihumye, bagahemukira abandi.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa gukorerwa isusuzuma kuri Laboratwari y’igihugu y’ibizamini bya Gihanga (RFL)  RFL’ iherereye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali.

RIB binyuze ku Muvugizi wayo, Dr. Murangira B Thierry yabwiye UMUSEKE ko iperereza rigikorwa.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?