BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kigali: Mu buryo busa nko kwigumura abamotari banze gukoresha Mubazi

Kigali: Mu buryo busa nko kwigumura abamotari banze gukoresha Mubazi

admin
Last updated: August 10, 2022 4:43 pm
admin
Share
SHARE

Bamwe mu bamotari bo mu Mujyi wa Kigali, kuri ubu ntibari gukozwa mubazi, nyuma y’aho ibiciro by’ibikomoka kuri peterori bizamukiye.

Abamotari b’i Kigali ntibagikozwa ibya Mubazi ngo ibateza ibihombo aho kubazamura

Ku cyumweru tariki ya 7 Kanama 2022, nibwo Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko mu mezi abiri ari imbere igiciro cya mazutu kigomba kugura 1607Frw.Naho lisansi ikagura 1609frw.

Ubusanzwe litiro ya mazutu yaguraga 1503 Frw,yazamutseho 104frw ,mu gihe litiro ya lisansi yaguraga 1460frw yazamutseho 149Frw.

Minisiteri y’ibikorwaremezo yatangaje ko leta yashyizemo nkunganire, aho yigomwe miliyari 10Frw kugira ngo ibiciro bidatumbagira ndetse ko iyo idashyirwamo, igiciro cya mazutu cyari kwiyongeraho 254Frw kikagera ku 1757,icya litiro ya lisansi cyo kikiyongeraho 307,ikagura 1767Frw.

Bamwe mu bamotari babwiye umunyamakuru w’UMUSEKE ko kubera ibiciro by’ibikomoka kuri peterori byazamutse, nabo badashobora gukoresha mubazi kuko byaba bibashyira mu gihombo.

Uyu yavuze ko badashobora kuyanga mu buryo bweruye ko ahubwo bazakomeza gucungana ku ijisho na Polisi.

Yagize ati “ Uwazanye mubazi azahomba ariko Polisi yabonye amafaranga.Twiyemeje guha polisi amafaranga.(Avuga ko batazakoresha mubazi.)

Uyu yavuze ko iyo ufashwe udakoreshwa mubazi ucibwa 10.000Frw ariko ko badashobora kuyikoresha kuko ibahombya.

Yakomeje ati “Abagikoresha mubazi ni bacye kuko bahomba. Ubonye udahomba wowe ntiwayikoresha? Cyakora ubu aho lisansi yazamukiye abagenzi bazajya bayishaka kuko ibara macye rwose ku mafaranga tubaca.”

Undi nawe yavuze ko mu by’ukuri izamuka ry’ibiciro bya Lisansi na Mazutu byaje bibasonga ndetse ko na mbere bari bagaragaraje ko iyi mubazi ibabangamiye ariko ko batumvwa, bityo nabo bazajya bakoresha amayeri mu gucengana na polisi.

Muri Gicurasi uyu mwaka mu nama yari yahuje abamotari muri Kigali n’Urwego Ngenzura Mikorere, RURA, Umuvugizi wa Polisi y’uRwanda, CP Kabera John Bosco, yaburiye abomotari banga gukoresha mubazi.

Yagize ati “Twatanze ubutumwa butandukanye bwo gukomeza gukoresha mubazi ku bazifite ,abatazifite , bakazategereza .”

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe abamotari mu Rwego rw’Igihugu Ngenzura Mikorere,RURA, icyo gihe yemeje ko umubare w’abakoreresha mubazi ari mucye bityo hakwiye gushyirwamo imbaraga.

Yagize ati “Koko habayeho igabanuka ry’imikoreshereze ya mubazi gusa bishobora kuva ku mpamvu zitandukanye ariko nibyo dutekereza kuko abatazikoresha nibo babizi neza nubwo bavuga ko biterwa n’ibiciro.”

Abamotari mu bihe bitandukanye bo batangaje ko badakoresha mubazi ahanini bitewe n’uko ibahendesha cyane. Batangaza ko bakatwa 10% ku mugenzi, ibintu bavuga ko bituma batabona umusaruro bifuza.

Ubusanzwe ibirometero bibiri bya mbere umugenzi yishyura 400Frw aho kuba 280Frw ibindi birometero bikiyongeraho 130Frw.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?