BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kicukiro: Umujinya wamuteye gutwika moto y’umuturanyi we

Kicukiro: Umujinya wamuteye gutwika moto y’umuturanyi we

admin
Last updated: December 22, 2022 7:49 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo wo mu kigero cy’imyaka 30 utuye mu kagari ka Karama, Umurenge wa Kanombe yateshejwe arimo gutwika moto y’abandi, nyuma yo kugurizwa amafaranga akabura ubwishyu.

Abaturanyi batabariye hafi, bazimya moto yari itangiye gushya

Byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki 22 Ukuboza 2022, ahagana saa kumi n’imwe mu Kagari ka Karama, Umurenge wa Kanombe muri Kicukiro, mu nzu zatujwemo abaturage bimuwe Kangondo na Kibiraro ahazwi nka Bannyahe.

Uyu mugabo witwa Masengesho Jean de Dieu, umaze igihe gito atandukanye n’umugore we, yagurijwe amafaranga agera ku bihumbi 150 Frw ariko ananirwa kuyishyura, maze moto ye irafatirwa. Gusa yaje kujya mu nzu y’umuvandimwe w’uwafatiriye iye ahitamo gutwika moto yari ihari.

Umwe mu baturage batabariye hafi kuzimya iyi nkongi yabwiye UMUSEKE ko uyu mugabo yagurijwe amafaranga akabura ubwishyu, aribyo byamuteye umujinya wo kujya gutwika iyi moto.

Yagize ati “Uyu mugabo yari yavuze ko moto ye yibwe kandi barayifatiriye kubera ibihumbi 150 yagurijwe akabura ubwishyu, umwe muri abo bavandimwe bamugurije amafaranga yahisemo gufatira moto y’uyu mugabo, ejo hashize ngo yabwiye abandi ngo bamumuhamagarire amuzanire moto amwishyure abeshya ariko baranga aribwo yashaka no guca n’inzugi.”

Akomeza agira ati “Uyu munsi rero yaje acana gaz amena na esanse kuri moto aratwika, gusa duhise dutabara turawuzimya maze ahita yiruka aracika.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, NKURUNZIZA Idrissa mu kiganiro n’UMUSEKE yavuze ko  bagikurikirana iby’uyu mugabo wateshejwe muri uyu mugambi mubisha.

Ati “Bagiranye amakimbirane ashaka gutwika moto ariko ntacyo yabaye, abaturage bahise batabara. Ni umuntu yari afitiye umwenda, yafashe umwenda atawishyuye nawe bafatira moto ye, uwayifatiye ntabwo aba na hano. Yaje kwa mukuru w’uwafatiye moto ye nawe wari umumotari, ashaka gutwika moto ariko ntabwo yabigezeho.”

NKURUNZIZA Idrissa yibukije abantu ko bakwiye kwirinda kwihanira byateza ibyago bikanabagusha mu cyaha, ufite ikibazo akegera ubuyobozi bukamufasha niba moto ye yari yarafatiwe, gusa n’uwafatiye moto y’abandi nawe yakoze amakosa kuko ataribyo yagombaga kuregera inzego.

Ashimira kandi abaturage kuba batangiye amakuru ku gihe, kandi bagatabarira mu gihe kuko iyo batahaba uyu muriro uba wadukiye inzu ukangiza byinshi.

Uyu mugabo ubwo abandi bazimyaga uyu muriro yari yacanye akaba yahise acika ariruka, aho bakomeje kumushakisha. Izi moto nazo bakaba bazijimije zitarangirika.

Abaturage batabaye ataragera ku mugambi mubisha

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?