BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Feb 26, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

admin
Last updated: February 26, 2026 8:04 pm
admin
Share
SHARE

Inzego z’ubuyobozi muri Kenya, zataye muri yombi umugabo ukekwaho kohereza abanyakenya 25 kujya kurwanira u Burusiya mu ntambara buhanganyemo na Ukraine.

Guverinoma ya Kenya iherutse gutangaza ko abarenga 1000 bo muri Kenya, bahawe akazi ko kurwanira u Burusiya muri Ukraine.

Ni amakuru yagiye hanze nyuma y’uko imiryango itandukanye yari ikomeje kwigaragambya yamagana uburyo abantu babo bakomeje kuburirwa irengero.

Polisi ya Kenya yataye muri yombi umwe mu bashyizwe mu majwi ko atwara Abanya-Kenya yabijeje akazi keza mu Burusiya, bikarangira bisanze ku rugamba muri Ukraine.

Uwatawe muri yombi ni Festus Omwamba ukekwaho icuruzwa ry’abantu mu Majyaruguru ya Kenya mu Mujyi wa Moyale hafi n’umupaka wa Ethiopia.

Ku wa Kane, yagejejwe imbere y’urukiko rushinzwe kuburanisha ibyaha by’iterabwoba i Nairobi, ashinjwa by’umwihariko gutwara Abanya-Kenya 25 abajyana mu Burusiya mu mwaka ushize.

Umuvugizi wa Polisi, Michael Muchiri, yavuze ko Omwamba yafashwe ubwo yari ari kugerageza gutoroka nyuma yo kwinjira mu gihugu avuye mu Burusiya.

Guverinoma ya Kenya mu cyumweru gishize yatangaje ko Abanya-Kenya barenga 1.000 bajyanywe kurwanira u Burusiya mu ntambara muri Ukraine.

Yanavuze ko nibura Abanya-Kenya 89 bakiri ku rugamba, 39 bari mu bitaro, 28 baburiwe irengero mu mirwano, umwe byamenyekanye ko yaguye mu mirwano mu gihe abandi basubiye mu gihugu.

Bamwe mu batanze ubuhamya barimo John Kamau wabashije gutoroka urugamba, wahamije ko yahuye n’uregwa ubwo bari Nairobi aho ababaga bamaze gukusanywa babaga bari mbere yo kwerekeza mu Burusiya.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Akari ku mutima wa Gloria Mukamabano wasezeye kuri RBA

Umunyamakuru wakoreraga Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), Mukamabano Gloria, yasezeye muri izi nshingano…

Muhayimana yasabiwe gufungwa imyaka 15

Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwasabye Urugereko rw’ubujurire rw’Urukiko rwa Rubanda rwa Paris guhamya…

Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

Inzego z’ubuyobozi muri Kenya, zataye muri yombi umugabo ukekwaho kohereza abanyakenya 25…

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

Abantu icyenda (9) ni bo byamenyekanye ko baguye mu gitero cya drone…

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye ubuyobozi bwa Netflix imaze…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Indege 50 za Amerika zerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati hakekwa intambara ikomeye

2 Min Read
Amerika

Taiwan yabaye ikibazo gikomeye mu biganiro bya Xi na Trump

2 Min Read
Amerika

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

2 Min Read
Amerika

Donald Trump akomeje guterwa imijugujugu n’abanyabigwi mu mupira w’amagaru ku Isi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?