BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Kenya : Abigaragambya binjiye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko bangiza ibirimo

Kenya : Abigaragambya binjiye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko bangiza ibirimo

sam
Last updated: June 25, 2024 2:13 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa kabiri tariki 25 Kamena 2024, imyigaragambyo y’Abanya Kenya bakomeje kwinubira izamuka ry’umusoro yafashye indi ntera, ubwo binjiraga mu Ngoro y’inteko Ishinga Amategeko bakangiza ibirimo ibirango by’igihugu.

Iyi myigaragambyo iri gukorwa n’abiganjemo urubyiruko babashije gukura inzego z’umutekano mu nzira bigabiza Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko, bangiza ibirango by’Igihugu birimo nk’amabendera, ndetse na bimwe mu bikoresho birimo nk’intebe.

Abigaragambya bavuga ko uyu musoro ugamije kubashyira mu mibereho mibi kandi n’ubusanzwe ubukene butaboroheye .

Iyi myigaragambyo yahinduye isura, nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, Inteko Ishinga Amategeko itoye umushinga w’itegeko rigamije kongera Miliyari 2,7 $ ku misoro, hagamijwe kwikura mu myenda y’inguzanyo iremereye iki gihugu gifite.

Ni mu gihe Perezida William Ruto yari yihanganishije abakora iyi myigaragambyo abizeza ko ubuyobozi bugiye gusuzuma ubusabe bwabo, birangirira mu mvugo gusa.

Amakuru avuga ko byibura abantu barenga 10 baguye muri iyi myigaragambyo yabereye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, mu gihe abandi benshi bakomeretse.

Amashuso ya televiziyo zo muri Kenya yerekanye umwotsi mwinshi hafi y’iyo ngoro, bivugwa ko ishobora kuba yatwitswe.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?