
Kuri uyu wa kabiri tariki 25 Kamena 2024, imyigaragambyo y’Abanya Kenya bakomeje kwinubira izamuka ry’umusoro yafashye indi ntera, ubwo binjiraga mu Ngoro y’inteko Ishinga Amategeko bakangiza ibirimo ibirango by’igihugu.
Iyi myigaragambyo iri gukorwa n’abiganjemo urubyiruko babashije gukura inzego z’umutekano mu nzira bigabiza Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko, bangiza ibirango by’Igihugu birimo nk’amabendera, ndetse na bimwe mu bikoresho birimo nk’intebe.
Abigaragambya bavuga ko uyu musoro ugamije kubashyira mu mibereho mibi kandi n’ubusanzwe ubukene butaboroheye .
Iyi myigaragambyo yahinduye isura, nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, Inteko Ishinga Amategeko itoye umushinga w’itegeko rigamije kongera Miliyari 2,7 $ ku misoro, hagamijwe kwikura mu myenda y’inguzanyo iremereye iki gihugu gifite.
Ni mu gihe Perezida William Ruto yari yihanganishije abakora iyi myigaragambyo abizeza ko ubuyobozi bugiye gusuzuma ubusabe bwabo, birangirira mu mvugo gusa.
Amakuru avuga ko byibura abantu barenga 10 baguye muri iyi myigaragambyo yabereye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, mu gihe abandi benshi bakomeretse.
Amashuso ya televiziyo zo muri Kenya yerekanye umwotsi mwinshi hafi y’iyo ngoro, bivugwa ko ishobora kuba yatwitswe.
