BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Aug 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Kenya: Abasirikare 35 b’u Bwongereza bakekwaho kwishyura abagore ngo baryamane

Kenya: Abasirikare 35 b’u Bwongereza bakekwaho kwishyura abagore ngo baryamane

sam
Last updated: August 15, 2025 8:56 am
sam
Share
SHARE

Iperereza rya gisirikare ryakozwe hagati ya Nyakanga 2022 kugeza mu mpera za 2024, ryagaragaje dosiye 35 z’abasirikare b’u Bwongereza bakekwaho kwishyura abagore kugira ngo bakore imibonano mpuzabitsina.

Ibyavuye mu iperereza byagaragaje ko nubwo hari itegeko ryashyizweho rigamije guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu muri Kenya, abasirikare b’Abongereza bari mu kigo cy’imyitozo kiri ahazwi nka Nanyuki, bakigaragara mu bikorwa byo gusambana n’abagore babishyuye.

Igisirikare cy’u Bwongereza cyatangiye iperereza mu Ukwakira 2024, nyuma y’amakuru yavugaga ko abasirikare bacyo bari muri Kenya bishyuraga abagore kugira ngo baryamane na bo, ndetse bakabakorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza, yashyizeho itegeko ribuza abasirikare kwishyura amafaranga kugira ngo baryamane n’abagore mu mahanga mu mwaka wa 2022, nyuma y’uko hakomeje kuvugwa imyitwarire mibi ikorwa n’abasirikare bari mu butumwa hanze y’igihugu.

Igisirikare cy’u Bwongereza kimaze igihe kirekire gikorwaho iperereza ku byaha gikekwaho gukorera muri Kenya, harimo n’urupfu rwa Agnes Wanjiru, umugore w’imyaka 21 wishwe mu 2012 nyuma yo kuburirwa irengero, bikavugwa ko yari ari kumwe n’abasirikare b’Abongereza. Umurambo we waje kuboneka hashize iminsi, uri mu cyobo cy’imyanda ya hoteli iri hafi y’ikigo babamo.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza, Gen. Roly Walker, yavuze ko ibyo bikorwa bidakwiye na gato, yongeraho ko igisirikare gikomeje kugendera ku myitwarire iri ku rwego rwo hejuru kandi ko kizashyira mu bikorwa ibyifuzo byagaragajwe muri raporo.

Yagize ati “Nta mwanya n’umwe ukwiye guhabwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorwa n’abantu bari mu gisirikare cy’u Bwongereza. Bihabanye cyane n’indangagaciro zigenga umusirikare w’u Bwongereza. Bibasira abatishoboye kandi bigamije inyungu z’abashaka kungukira mu ihohoterwa n’icuruzwa ry’abantu.”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

Abashyigikiye Ukraine babarirwa mu bihumbi bateguye imyigaragambyo yamagana umuhuro wa perezida wa…

Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryiyongereyeho 25% muri uyu mwaka_Raporo ya Loni

Raporo y'umurayango wa bibimbye y'uyu mwaka igaragaza ko ibyaha bushingiye ku ihohoterwa…

Burundi : Umu ofisiye mukuru muri polisi akurikiranyweho gucuruza lisanse mu buryo butemewe n’mategeko

Inzego z'imutekano mu Burundi zataye muri yombi Colonel Moïse Arakaza Alias Nyeganyega,…

Kenya: Abasirikare 35 b’u Bwongereza bakekwaho kwishyura abagore ngo baryamane

Iperereza rya gisirikare ryakozwe hagati ya Nyakanga 2022 kugeza mu mpera za…

Gatsibo: Abaturage bikusanyirije miliyoni 12 Frw zo gusana ibiro by’Akagari  

Abaturage b’Akagari ka Nyagakombe mu Murenge wa Remera, Akarere ka Gatsibo, banyuzwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda: Abahoze mu gisirikare 9 bafatiwe mu cyuho bagiye mu kiraka cyo kurwana intambara Ukrain ihanganyemo n’Uburusiya

2 Min Read
Mu mahanga

Somalia: Abasirikare bahamijwe icyaha cyo gukorana na Al shabaab bahawe igihano cy’urupfu

1 Min Read
Mu mahanga

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera baguye mu bitero by’indege z’igisirikare cya Israel 

1 Min Read
Mu mahanga

Mali: Abasirikare benshi barimo Général bafungiwe umugambi wo guhirika ubutegetsi 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?