BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kayonza: Umwe yatemeshejwe ishoka undi aterwa icyuma bapfa 5000Frw

Kayonza: Umwe yatemeshejwe ishoka undi aterwa icyuma bapfa 5000Frw

admin
Last updated: July 28, 2022 1:16 pm
admin
Share
SHARE

Bizimana Theogene wo mu Kagari ka Cyarubare mu Mudugudu wa Rwabarena mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, arakekwaho gutera icyuma umuntu umwe undi akamutemesha ishoka bapfa amafaranga 5000Frw.

Mu Karere ka Kayonza ni mu ibara ritukura

Ibi byabaye mu masaha ya saa tanu zo kuwa kabiri tariki ya 26 Nyakanga 2022, ubwo uyu mugabo usanzwe ucuruza inzoga mu isantere y’uyu Mudugudu yashyamiranaga n’umusore witwa Nsabimana Erneste bapfa ko yanyweraga inzoga mu kabari ke ariko mu kwishyura ntiyagaruzwa amafaranga ye.

Ubwo uyu Nsabimana yasabaga kugaruzwa 4000Frw nyiri akabari  avuze ko atigeze amwishyura maze gushyamirana bitangira ubwo, kugeza ubwo nyiri akabari yateye icyuma uwagaruzaga maze n’umuturage waje gukiza amutera ishoka ku kuguru.

Umwe mu baturage bo muri uwo Mudugudu, asobanura uko byagenze agira ati “Yanywereye hano mu kabari ke, amwishyura  5000Frw  ngo amugarurire. Aramubwira ati njyewe ntabwo nkugarurira, mva imbere. Undi na we aravuga ati ntabwo ngenda utangaruriye. Yasohoye icyuma, arambitse akaboko kuri kontwari (Comptoire) ahita akimujomba kirapfumura. Akimara kukimutera, bahise barwaniramo, arasohoka ariruka, amwirukaho. Mu kugaruka nibwo yahuye na se w’uwo muhungu n’uwari uje gutabara, yikoza mu gikari azana ishoka, agiye kuyimukubita ku mutwe, yagiye ingarame ahita ayimukubita ku kuguru ruseke arayica. Nanjye namwiboneye yari afite urusebe, bahita bamujyana kwa muganga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Gatanazi Longin, yahamije aya makuru avuga ko kugeza ubu abakomerekejwe bahise bajyanwa kwa muganga mu gihe undi ukekwa yahise atoroka.

Yagize ati “Urumva yakomerekeje uwo witwa Nsabimana, haza  guhurura uwitwa Florien aje gutabara na we aramutema, ariko twafashe abo bose bahohotewe bajyanywe ku Bitaro bya Rwinkwavu .”

Uyu muyobozi yahumurije abaturage ababwira ko inzego z’ubuyobozi zihari ngo zibafashe bityo ko badakwiye kugira ubwoba kandi ko abaturage bafite imyitwarire mibi bakurikiranwa.

Yagize ati “Ntabwo abantu bakwiye kumva ko byacitse, ni umwe mu bantu igihumbi, rero ntabwo ikibi gikwiye kuganza icyiza. Numva batacika intege, ubuyobozi burahari, ubuyobozi bw’AKagari, Umurenge, turahari ngo duce intege abo bakora ibi ahubwo abakora ibyiza babe ari bo baganza.”

TUYISHIMIRE Raymond/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?