BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kanombe: Umugabo yasanzwe mu gihuru yapfuye

Kanombe: Umugabo yasanzwe mu gihuru yapfuye

admin
Last updated: October 21, 2022 11:51 am
admin
Share
SHARE

Umugabo utamenyekana imyirondoro ye uri mu kigero cy’imyaka 45 yasanzwe mu gihuru yapfuye, bigakekwako ari abagizi ba nabi bamwishe bakahamujugunya.

Umurambo w’uyu mugabo wabonywe n’abantu mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Tariki 21 Ukwakira 2022 mu Mudugudu wa Zirakamwa, Akagari ka Rubirizi, Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, Nkurunziza Idrissa yahamirije UMUSEKE ko iyi nkuru ari impamo ariko ko bakeka ko yaba yishwe bakahamuzana kuko basanze uwo mugabo atazwi muri uwo Murenge.

Ati “Nibyo koko mu gitondo cya kare hari umurambo basanze mu Mudugudu wa Zirakamwa bigaragara ko atariho yiciwe bishoboka ko baje bakahamunaga, twashakishije mu Murenge ntabwo azwi nk’uhatuye. Ntabikomere bigaragara cyangwa se ngo abe ari uwo barwanye, bikekwa ko yaba yishwe anizwe.”

Nkurunziza Idrissa yasabye abaturage kurushaho kwicungira umutekano no gutangira amakuru ku gihe mu gihe hari ikintu babonye kidasanzwe, abibutsa kujya bazirikana kwandikisha abashyitsi mu ikayi y’Umudugudu uwo batazi bakabimenyesha ubuyobozi bwabo.

Uyu murambo ukaba wabonywe n’abanyerondo bo muri uyu mudugudu, aho wabonywe akaba ari mu murima usanzwe uhingwa ariko hakaba hari ibihuru ndetse nta n’abantu batuye hafi yaho.

Inzego z’umutekano harimo n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha zatangiye iperereza ngo hamenyekane imyirondoro ye.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe kwa muganga kugira ngo ukorerwe ibizamini hamenyekane intandaro y’urupfu rwe.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?