BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kanjongo: Bazengerejwe n’ubujura bukorwa n’abana bato

Kanjongo: Bazengerejwe n’ubujura bukorwa n’abana bato

admin
Last updated: September 22, 2022 4:24 pm
admin
Share
SHARE

Abacuruzi bakorera mu isoko rya Kirambo riri mu murenge wa Kanjongo, mu karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, barinubira ubujura burikorerwamo bukorwa n’abana bato.

Abacururiza muri iri soko bazengerejwe n’abana bato babiba

Bamwe muri abo bacuruzi babwiye UMUSEKE ko bahangayikishijwe n’ubujura bukorwa n’abana bato, mu gihe abashinzwe umutekano waryo baba bigize ba ntibindeba.

Byiringiro Sylvere ni umucuruzi muri iri soko yagize ati” Muri iri soko habamo abajura b’abana bato bazerera wareba hirya bakakwibaba, ujya gutabaza abasekirite baba bibereye ku maduka ntibagutabare.”

Mugenzi we witwa Nzabamwita Viateur umaze imyaka itanu acururiza muri iri soko avuga ko ubujura bukorwa n’abana bato bubageze kure.

Ati “Niyo baba bari kwiga abo bana bazerera muri iri soko, ubuyobozi ntacyo bubikoraho, bakira imisoro gusa, abashinzwe umutekano bari mu isoko ikibazo cyakemuka.”

Mwanyita Alphonsine ucuruza imyenda mu isoko rya Kirambo nawe avuga ko ikibazo cy’aba bana kimaze gufata indi ntera kuko n’ababyeyi babo batabitaho.

Ati “Haba abana bazerera hano mu isoko bashaka ibyo biba ,bafite ababyeyi batabitaho ,bava ku ishuri bakaza kwiba, turifuza haza abayobozi bakajya babasohora.”

Iri soko riremera muri Santeri ihuriramo abantu benshi, rihoramo abantu ariko ku wa Gatandatu nibwo riremwa cyane.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kanjongo bwabwiye UMUSEKE ko icyo kibazo kizwi, bari gukorana n’izindi nzego mu gufata abo bana.

Busobanura ko Koperative y’Inkeragutabara icunga umutekano mu ijoro gusa mu gihe abo bana amanywa yose baba bidegembya.

Cyimana Kanyogote Juvenal Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanjongo avuga ko bari gukorana n’ababyeyi ngo abo bana bacike ku ngeso yo kwiba.

Ati “Hamwe n’inzego z’umutekano hari igihe tujyayo tukabafata, tumaze gufata umunani twabahuje n’ababyeyi babo, turasaba ababyeyi gufatanya kurera abana babo niba umwana atagiye ku ishuri bakamenya aho ari.”

Iri soko riherereye muri Santeri ishyushye biri mu bikurura abo bana kurizereramo no kwishora mu ngeso mbi yo kwiba.

Abana birirwa bizerereza mu isoko ari nako biba umucuruzi urangaye

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW i Nyamasheke

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Theogene TY says:
    September 23, 2022 at 5:36 am

    Abana bigize inzererezi ziba sikanjongogs natwe hano igahanga mukarere kakicukiro baraturembeje mumasite kumachantier batwiba bimwe mubikoresho murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?