BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Umusore akurikiranyweho gusambanya ingurube

Kamonyi: Umusore akurikiranyweho gusambanya ingurube

admin
Last updated: December 6, 2022 12:22 pm
admin
Share
SHARE

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 20 wo mu Karere ka Kamonyi akurikiranyweho gusambanya ingurube. Birakekwa ko yaba afite ikibazo cyo mu mutwe.

Amakuru avuga ko byabaye mu gitondo  cyo ku cyumweru tariki ya 4 Ukuboza 2022, bibera mu Murenge wa Runda,Akarere ka Kamonyi.

Umuturage wo mu Karere ka Kamonyi   ufite ingurube bivugwa ko yasambanyijwe, yabwiye Radio/TV1 ko ubwo yari ayizaniye ibyo kurya, yafatiye mu cyuho umusore ari  kuyisambanya.

Yagize ati “ Ejo saa kumi nebyiri za mu gitondo, nasanze umuhungu witwa David ambereye ku ngurube ari kuyisambanya.Namaze kumubona, ndavuga ngo uri mu biki, nibwo yahagurutse arambara.Nkimara kumubona,yagiye guhindura imyenda yari yambaye.Nibwo twamutwaye kuri RIB.”

Uyu avuga ko Urwego rw’Ubugenzacyaha sitasiyo ya Runda, yabatumye ibimenyetso bigaragaza ko koko iryo tungo ryasambanyijwe.

Ati “Dufotora ingurube, tukimara kuyifotora , barabijyanye babigeza kuri RIB.”

Umwe mu baturage baje batabara, yavuze ko uwo musore ukekwa, yasanzweho imyanda y’ingurube .

Yagize ati “Turebe n’ingurube dusanga ifite ibimenyetso,kameze nka kimye ubona no guhaguruka byanze.”

Abaturanyi bemeza kandi ko atari ubwa mbere avuzweho guhohotera amatungo kuko aheruka gufungwa azira gusambanya inka

Umwe yagize ati “Ntabwo ari ubwa mbere.Na hariya hirya hari ahantu bigeze kumusanga, bavuga ko agiye gufata inka.Yari yambaye ubusa, icyo gihe baramufunze.”

Aba baturage basaba ko yajyanwa kwa muganga hakarebwa niba yavuzwa indwara zo mu mutwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda,Ndayisaba Jean Pierre Egide, yabwiye UMUSEKE ko kuri ubu uyu musore afungiye kuri RIB ya Runda ngo hakorwe iperereza.

Yagize ati “Twamutwaye kugira ngo muganga abe ari we ubyemeza ko byakozwe. Ubu ari kuri RIB ya Runda.RIB niyo imufite ikora iperereza kugira ngo imuhuze na muganga arebe ko  ko icyo gikorwa cyabaye koko.”

Yakomeje agira ati “Ni amakuru  yatanzwe n’abaturage hanyuma arafatwa,ashyikirizwa RIB kugira ngo ibyo byose bikurikiranywe.”

Uyu muyobozi avuga ko hazarebwa niba yaba afite ikibazo cyo mu mutwe  abashe gukurikiranywa.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Utuntu n'utundi

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?