BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Batewe impungenge na ruhurura yatawe na rwiyemezamirimo idakozwe

Kamonyi: Batewe impungenge na ruhurura yatawe na rwiyemezamirimo idakozwe

admin
Last updated: September 28, 2022 3:32 pm
admin
Share
SHARE
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi barasaba ko ruhura yasizwe idakoze mu ikorwa ry’umuhanda Ruyenzi-Gihara, yakorwa kuko yahagaritse ubuhahirane  ku bahaturiye.
Ruhura yasizwe idakoze mu ikorwa ry’umuhanda Ruyenzi-Gihara

Mu 2021 nibwo GEMT co Ltd  cyakoze umuhanda ndetse unakora zimwe muri ruhurura muri ako gace.

Gusa iki kigo nyuma y’ikorwa ry’umuhanda, cyasize bimwe mu bikorwa bitarangiye birimo na Ruhurura.

Abavuganye n’UMUSEKE , bavuze ko kuri ubu ubuhahirane hagati y’Umudugudu wa Musebeya na Nyagacaca bwahagaze kubera iyo ruhurura.

Umwe yagize ati” Hari ruhurura iri ahitwa Morning Star ariko hari izindi ziri aho Musebeya na Nyagacaca,baraje barakora bagezamo hagati, barangije baragenda.Niho duca twe abaturage dutuye muri Musebeya, mbega Musebeya na Nyagacaca ntitukigenderana. Abafite imodoka twarazicumbikishije.”

Yakomeje agira ati“Abana bajya ku ishuri banyura ku kantu k’akararo,ni ukubanza kubaterura,mbese twabuze uko tubigenza.”

Uyu muturage avuga ko bahora bizezwa ko izakorwa ariko ngo barategereje baraheba.

Undi nawe uri mu Mudugudu wa Musebeya, avuga ko bafite inkeke kuri iyo ruhurura agasaba ko yakorwa.

Yagize ati” Abana bajya ku ishuri (Morning Star) imvura iramutse iguye, bagwamo ikabatwara.”

Uyu muturage avuga ko  imvura yaguye mu minsi ishize yagiye irushaho kuyangiza bityo agasaba ko yakorwa.

Umuyobozi uhinzwe imyubakire mu kigo cyubatse umuhanda Ruyenzi-Gihara ,Eng Ishimwe Alain Christian yizeje abaturage ko mu byumweru bibiri izaba yamaze gukorwa.

Yagize ati ” Birarangirana n’iminsi 12. Mu byumweru bibiri iraba yarangiye. Urumva yarubatswe, icyabaye ni uko turi mu mishinga twabasaba ngo bareke imihanda tuyihuze, bakabyanga.Ubu nibwo bari kubidusaba , twabahaye ibyumweru bibiri.”

Yizeje abaturage ko kugenderanirana bigiye kongera Nk’uko byahoze.

Abaturage bo bifuza ko byahita bishyirwa mu bikorwa kuko bamaze umwaka bizezwa ko igiye gukorwa.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mpawenayo obed says:
    September 29, 2022 at 5:56 am

    dukunda amakuru meza mutugezaho

    Reply
  • silva says:
    September 29, 2022 at 7:57 am

    ka tubihange amaso, iminsi ibaye myinshi iyi ruhurura ibangamiye abaturage.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?