BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Kajugujugu y’igisirikare cya Uganda yahanukiye muri Congo igwamo 22

Kajugujugu y’igisirikare cya Uganda yahanukiye muri Congo igwamo 22

admin
Last updated: September 28, 2022 6:19 pm
admin
Share
SHARE

Abantu 22 bapfuye ubwo kajugujugu y’igisirikare cya Uganda, yahanukiraga mu burasirazuba bwa Congo ku wa Mbere.

Mi-24, yaguye ku nzu y’umuturage ahitwa Fort Portal City

Ku wa Kabiri, Perezida Yoweri Museveni, Umugaba mukuru w’ikirenga w’ingabo za Uganda, yategetse Umugaba mukuru wungirije w’ingabo zirwanira mu kirere, Maj Gen Charles Okidi, gukora iperereza ku cyateye iyo mpanuka, ndetse n’iyindi kajugujugu y’igisirikare cya Uganda yahanutse ku wa Gatandatu.

Ikinyamakuru The Monitor dukesha iyi nkuru kivuga ko abasirikare bo mu ngabo za Uganda bagwiriwe n’iyo kajugujugu yasandaye igihaguruka mu gace k’uburasirazuba bwa Congo.

The Monitor kivuga ko iyi kajugujugu yasandaye ku wa mbere w’iki cyumweru ubwo yarimo ifata ikirere.

Iyi ndege yakorewe mu Burusiya, Mi-17 yari igenewe gutwara abaganga, n’abandi banyacyubahiro, yakoreshwaga mu kugemurira ibiribwa ingabo za Uganda ziri mu bikorwa byo kurwanya inyeshyamba za ADF, aho zifatanya n’iza Congo muri Operation Shujaa.

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig Gen Felix Kulayigye, yemeje ko iriya ndege yahanutse.

Ati “Ni byo, ni imwe muri kajugujugu zacu yahanutse. Ntabwo nabonye amakuru ajyanye n’abapfuye.”

Tariki 24 Nzeri, 2022 indi ndege ya gisirikare ya Uganda, na yo yo mu bwoko bwa Mi-24, yaguye ku nzu y’umuturage ahitwa Fort Portal City, mu Burengerazuba bwa Uganda, icyo gihe Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda yavuze ko nta waguye muri iyo mpanuka.

IVOMO: The Monitor

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Mu mahanga

Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?