BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kagame yasabye ko ibiganiro by’amahoro muri Congo bishyirwa mu bikorwa

Kagame yasabye ko ibiganiro by’amahoro muri Congo bishyirwa mu bikorwa

admin
Last updated: November 28, 2022 5:43 pm
admin
Share
SHARE

 Perezida w’uRwanda,Paul Kagame, yagaragaje ko hakenewe ubushake bwa poliki mu ishyirwa mu bikorwa  gahunda z’akarere ziri gushyirwaho, by’umwihariko ibiganiro bya Nairobi n’ibijyanye n’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AU, anagaragaza ko  igisubizo cy’umutekano mucye wa Congo cyakemuka bihereye mu mizi.

Perezida Kagame yasabye ko ibiganiro bya Nairobi na Luanda bishyirwa mu bikorwa

Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Ugushyingo 2022, yitabiraga mu buryo bw’ikoranabuhanga  ibiganiro  bigamije gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RD Congo .

Byitabiriwe n’abarimo Perezida w’u Burundi akaba ari na we uyoboye Umuryango wa EAC muri iki gihe, Evariste Ndayishimiye, William Ruto, Perezida wa Kenya ndetse n’Umuhuza muri ibi biganiro uhagarariye EAC, Uhuru Kenyatta.

Intumwa za Leta ya Tanzania, iza Sudan y’Epfo, indorerezi z’umuryango wa Africa yunze Ubumwe, iz’Umuryango w’Abibumbye, UN, n’abahagarariye ibihugu byabo, ndetse n’Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Huang Xia.

Mu bandi babyitabiriye mu buryo bw’ikoranabuhanga ni Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, , Felix Tshisekedi wa RDCongo.

Perezida Paul Kagame akurikiye inama

Perezida wa Repubulika y’uRwanda,Paul Kagame,yashimye ubushake bw’ibihugu mu kugarura amahoro n’ituze muri Congo, agaragaza ko iki kibazo cyarandurwa gihereye mu mizi.

Perezida Kagame yagize ati “Dukeneye gukemura burundu ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC duhereye mu mizi. Twishimiye ubushake bwihuse bwa EAC mu gushaka kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RD Congo. U Rwanda rwiteguye gutaga umusanzu muri uru rugendo.”

Ibi biganiro bibaye nyuma yaho umutwe wa M23 wubuye imirwano ku ngabo za Leta, ukanigarura tumwe mu duce twa Congo.

Kuva wakwigaruri tumwe mu duce twa Congo,imiryango mpuzamahanga,Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi,Leta z’Ubumwe za Amerika,UBubiligi,batangiye kotsa igitutu uyu mutwe, basaba ko warambika hasi intwaro kandi ukarekura uduce yafashe.

Agaruka ku mutwe wa M23, Yagize ti “Kongera kubura imirwano k’umutwe umwe muri myinshi, kwatumye Isi yose ibihanga amaso, kandi ibi byaje bisanga ibindi bibazo bishingiye kuri politiki no ku mutekano.”

.Umukuru w’Igihugu yavuze ko hakenewe ubushake bwa politiki mu gushyira mu bikorwa gahunda zashyizweho zirimo n’ibiganiro bya Nairobi na Louanda

Yagize ati “Igikenewe uyu munsi kurusha ikindi gihe, ni ubushake bwa politiki mu gushyira mu bikorwa gahunda z’akarere ziri gushyirwaho, by’umwihariko izijyanye na gahunda ya EAC y’ibiganiro bya Nairobi n’ibijyanye n’ubuhuza bwa AU buyobowe na Perezida Lourenço wa Angola.”

Yakomeje agira ati”Ibi bikwiriye kwita cyane ku muzi w’ibibazo by’umutekano muke mu buryo budasubirwaho kuko aribyo bizatanga ikinyuranyo mu gukemura ibibazo by’umutekano muke muri RDC no mu bihugu by’ibituranyi.”

Iyi nama iteranye nyuma y’iy’abakuru b’ibihugu yabaye mu cyumweru gishize na yo yigaga ku mutekano mu Karere k’Ibiyaga bigari by’umwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ni inama yari yatumijwe  na   Perezida wa Angola,usanzwe ari umuhuza muri iki kibazo.

Amakuru avuga ko ibi biganiro bya Nairobi byitabiriwe  kandi n’abahagaraiye imitwe y’ingabo 47,abaturuka muri sosiyete sivile 120 barimo 40% b’abagore.Ariko umutwe wa M23 wahejwe muri ibi biganiro.

Abitabiriye ibiganiro baturutse mu mitwe y’ingabo ,sosiyete sivile ndetse n’abahagarariye UN n’abandi

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Nyamupfantibarire jules says:
    November 28, 2022 at 8:57 pm

    Hahahahaha yewee!!! Uwagumiwe n’amenyo ahagamwa n’amazi koko nyine ntawurimbura igiti ahereye kumashami iyo utemye imizi yigite uba ukishe neza mujye mwiga rega umusaza ibyo avuga birumvikana .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?