BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kagame na Tshisekedi bakurikiye ibiganiro by’i Nairobi ku ikoranabuhanga – AMAFOTO

Kagame na Tshisekedi bakurikiye ibiganiro by’i Nairobi ku ikoranabuhanga – AMAFOTO

admin
Last updated: November 28, 2022 12:42 pm
admin
Share
SHARE

Nta gisibya, ibiganiro bigamije kuzana amahoro muri Congo, byabereye i Nairobi ku nshuro ya gatatu, Perezida Paul Kagame na Perezida Felix Tshisekedi babikurikiranye bakoresehej ikoranabuhanga bari kumwe na Perezida Museveni.

Perezida Paul Kagame, Felix Tshisekedi, na Yoweri Museveni bitabiriye ibiganiro hakoresehejwe ikoranabuhanga

Imitwe itandukanye yitwaje intwaro, abayoboye abaturage (chefs coutumiers), n’imiryango itari iya Leta bari muri ibi biganiro byitabiriwe n’abayobozi barimo Minisitiri w’Intebe wa Congo Kinshasa, Jean-Michel Sama Lukonde.

Ku isaha ya saa 10h30 nibwo ibiganiro byatangiye, bikaba biyobowe na Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya, byitabiriwe kandi na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na William Ruto wa Kenya.

Ku mafoto yashyizwe hanze n’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, Perezida Paul Kagame, Felix Tshisekedi na Yoweri Museveni bitabiriye ibiganiro hifashishijwe ikoranabuhanga rya Video.

Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Peter Mathuki yavuze ko uyu muryango ufite ubushake mu gufasha ko uburasirazuba bwa Congo bugira amahoro.

Ibiganiro biyobowe na Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya

Mu bandi bitabiriye ibi biganiro harimo intumwa za Leta ya Tanzania, iza Sudan y’Epfo, indorerezi z’umuryango wa Africa yunze Ubumwe, iz’Umuryango w’Abibumbye, UN, n’abahagarariye ibihugu byabo, ndetse n’Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga mukuru wa UN, mu karere k’Ibiyaga Bigari, Huang Xia.

Abakurikirana politiki basanga ibi biganiro byarushaho kugira imbaraga, byitabiriwe n’Umutwe wa M23, umaze igihe uhanganye n’ingabo za Leta ya Congo, mu Ntara ya Kivu y’Amajayaruguru.

Impande zitandukanye ziri muri ibi biganiro
Perezida Paul Kagame akurikiye ibiganiro hakoreshejwe ikoranabuhanga

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Q says:
    November 28, 2022 at 4:13 pm

    Nimwifatire amafoto ubundi mwitahire,murimo kubeshyanya gusa nta kindi.

    Reply
    • mahoro jack says:
      November 28, 2022 at 4:56 pm

      Abantu bogoshe za penke barikoze ngo bagiye mu mishyikirano i Nairobi kandi uwo barwana bamusize i Rutshuru? Ubwo ejobundi nibagaruka bagasanga yafashe n’indi mijyi induru zizavuga ngo ni Rwanda yagowe iri kubatera?

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?