BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 29, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kabila yaganiriye n’abayobozi ba AFC/M23

Kabila yaganiriye n’abayobozi ba AFC/M23

sam
Last updated: May 28, 2025 2:55 pm
sam
Share
SHARE

Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019, ku wa 27 Gicurasi 2025 yaganiriye n’abayobozi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.

Mu rukerera rwo ku wa 26 Gicurasi, AFC/M23 yemeje ko Kabila yageze mu mujyi wa Goma. Ku ikubitiro, yabanje kuganira n’abamuherekeje, bategura gahunda azagirira mu bice bigenzurwa n’iri huriro.

Abakorana na Kabila batangaje ko nyuma yo gutegura iyi gahunda, ku wa 27 Gicurasi “yakiriye” umuyobozi wa AFC/M23, Corneille Nangaa, Bertrand Bimwa umwungirije ndetse n’undi muyobozi mukuru muri iri huriro.

Ikiganiro cya Kabila n’abayobozi ba AFC/M23 ngo cyari kimeze nk’indamutso yo kwifurizanya amahoro, bica amarenga ko bashobora kuganira byimbitse mu gihe kiri imbere.

Kuva Kabila yagera i Goma, nta mafoto cyangwa amashusho ye arashyirwa hanze. Urubuga Reconstruire RDC yashinze rutangaza amakuru make ku bikorwa bye, andi agatangwa n’abakorana na we bya hafi.

Reconstruire RDC yamenyesheje itangazamakuru ko guhera kuva kuri uyu wa 28 Gicurasi, uyu munyapolitiki atangira kugirana uruhererekane rw’ibiganiro n’Abanye-Congo, bigamije kumva ibitekerezo byabo ku buryo umutekano waboneka muri iki gihugu.

Mu bo Kabila yateganyije kuganira na bo harimo abanyapolitiki, abayobozi b’inzego zo muri RDC, abashinzwe umutekano, abayobozi bo mu rwego rwa gakondo, abayobozi b’amoko, abanyamakuru, ihuriro ry’abagore ndetse n’abanyamadini n’amatorero.

Abakorana bya hafi n’uyu munyapolitiki basobanura ko ashaka kuganira n’abantu bose bashobora gutanga umusanzu mu kugarura amahoro muri RDC, kandi ko gahunda y’ibiganiro nirangira, ni bwo azamenya icyo agomba gukurikizaho.

Biteganyijwe ko gahunda zose Kabila yateganyije nizirangira, azagirana ikiganiro n’abanyamakuru i Goma, kandi ngo abazifuza kucyitabira bose bazamenyeshwa mbere y’igihe kugira ngo bitegure.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

DRC: Kabila yagiranye ibiganiro n’abanyamadini

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, ari…

Hatangajwe itariki y’Ibirori byo kwita  Abana b’Ingagi izina

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko umuhango ngarukamwaka wo Kwita Izina abana…

Marocco n’u Rwanda bigiye guhanganira kwakira Formula 1

Marocco n’ u Rwanda kimwe n’Afurika y’epfo ni bimwe mu bihugu bigiye…

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yitabiriye inama y’abagaba bakuru…

Museveni ahamya ko Leta ya RDC ifite uruhare mu mutekano wazambye

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahamije ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Gen (Rtd) Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’umutekano wa RDC n’akarere i Kampala

3 Min Read
Politike

Uruzinduko rwa perezida Evariste Ndayishimiye I Kinshasa ruhatse iki?

2 Min Read
Politike

Joseph Kabila yanenze ubutegetsi bwa Tshisekedi nyuma yo kumwambura ubudahangarwa

2 Min Read
Politike

Amb. Uwihanganye yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Brunei

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?